• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Inzego zibanze zirakemangwa mu miyoborere yazo

Umwanditsi
June 17, 2016

Abaturage mu karere ka Kamonyi, baranenga imiyoborere y’inzego zibanze bavuga ko imikorere yazo ikwiye kunozwa.

Ibi abaturage babigaragarije ubuyobozi bw’akarere kuri uyu wa Gatatu Taliki ya 14 Kamena 2016, ubwo bwagiranaga inama nabo mu murenge wa Runda.

Muri gahunda ubuyobozi bw’akarere bwihaye yo kujya bwegera abaturage buri wa gatatu w’icyumweru bakaganira ndetse bakanafasha gukemura ibibazo biba byiganje mu baturage, hagaragajwe ko mu nzego zibanze ishyamba atari ryeru.

Abaturage, bashinje binyuze mu kwerekana ibibazo bafite ubuyobozi bw’ibanze kutita ku bibazo baba bagaragaje, kubumvira ubusa, kubarangarana no kutabegera.

Muri iyi nama, abaturage bagejeje ibibazo bitandukanye ku buyobozi bw’akarere berekana uburyo ba midugudu ndetse n’utugari birengagiza nkana cyangwa se ku mpamvu zitandukanye kubafasha gukemura ibibazo baba babagejejeho.

Ibibazo byagaragajwe ahanini ni ibishingiye ku makimbirane yo mu muryango, ubutaka, imanza ziba zaraciwe zikarangira ariko umuturage ntafashwe kurenganurwa ngo ahabwe ibyo yatsindiye.

Abayobozi batandukanye bayobozwe na Meya w'akarere
Abayobozi batandukanye bayobozwe na Meya w’akarere bari gukemura ibibazo by’abaturage mu murenge wa Runda.

Umwe mu baturage yagaragarije ubuyobozi imikorere idahwitse y’izi nzego zibanze nkaho avuga ko umuntu yatsinze mu rubanza ndetse akaba afite ibyangombwa ubuyobozi bwamwemereye ku mwubakira ku butaka kandi ikibazo bukizi.

Ubuyobozi bw’izi nzego z’ibanze  aheshi mu bibazo by’abaturage, ubajijwe ikibazo cy’umuturage ashaka aho akegeka cyangwa akumvikanisha ko ikibazo atari akizi.

Udahemuka Aimable, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, aganira n’abaturage muri Runda, yababwiye ko nk’ubuyobozi imwe mu mpamvu yatumye bamanuka ari ukugira ngo bafatanye gukemura ibibazo no kuganira kucyatuma barushaho gutera imbere.

Udahemuka, avuga ko ibibazo biri mu nzego zibanze bishingiye ku kudakurikirana ibibazo by’abaturage, bakagezwaho ibibazo ariko ngo wanamubaza icyo yakoze ku kibazo cy’umuturage akavuga ko ntacyo yakiriye.

Ku bibazo bishingiye ahanini ku butaka, Umuyobozi w’akarere Udahemuka, afatanyije n’abayobozi batandukanye, bongeye kwibutsa abaturage ko bakwiriye kujya babanza kwiyambaza ababishinzwe ku murenge kugira ngo bababwire niba icyo bashaka gukoresha ubutaka aricyo bwateganyirijwe cyane ko ngo iyi Serivisi bayitangira Ubuntu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga