• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Ngororero: Bahize kugabanya imirire mibi n’igwingira bakagera kuri 16%

Umwanditsi
November 11, 2022

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe yabwiye abanyamakuru ko mu myaka 2 isigaye ngo gahunda yiswe NST1 yatangajwe na Perezida Kagame, ubwo yiyamamarizaga manda ya Gatatu bagomba kuyigeraho, bakava kuri 50,5% bakagera kuri 16% nubwo icyerekezo cy’Igihugu ari uko kizaba kigeze kuri 19% muri 2024.

Uyu muyobozi, ibi yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Ngororero kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2022. Yagize ati” Dufite imibare myinshi mu bijyanye n’imirire mibi n’igwingira, ariko dufite icyizere ko mu cyerekezo cya Perezida wa Repuburika, Paul Kagame yahaye abanyarwanda ni uko nibura mu gihugu cyose iyi mibare izaba iri kuri 19%, nubwo turi kuri 50, 5%. Twamaze kubona ko nidufatanya n’abafatanyabikorwa bacu mu myaka 2 isigaye tuzabasha kugabanya kugera kuri 16% kuko natwe ntabwo twishimiye kuba duhaza abandi imbuto twebwe tukarwaza igwingira kuri iki kigero”.

Akomeza yemeza ko bashyizeho gahunda yo gufatanya n’amabanyamadini ndetse n’ihuriro ry’abafatanyabikorwa, hagashyirwaho ko buri muyobozi wese cyangwa umukozi agira aho ahurira n’iki gikorwa.

Yagize ati” Tumaze kubona ko byashoboka, twashyizeho gahunda yo gufatanya n’abanyamadini basanzwe bakira abantu benshi ndetse ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere bakadufasha. Twararebye dusanga buri muyobozi ndetse n’umukozi wese turajyanamo kuko natwe uruhare rwacu ruzatuma abaturage bagira imyumvire myiza yo guhangana n’imirire mibi iganisha ku igwingira”.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abanyamadini n’Amatorero(RIC-Ngororero)akaba Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rususa, Padiri Ntirandekura Gilbert avuga ko ihuriro ryabo ryamaze gufata imyanzuro yo gufasha abayoboke babo gukomeza kugira imyumvire myiza, bakiga uburyo bwo gutegura indyo yuzuye no kurinda abana babo imirire mibi n’igwingira kuko akenshi usanga imyumvire yabo ikiri hasi cyane.

Yagize ati” Nibyo mu ihuriro ryacu twasanze dukwiye gufata imyanzuro yo kwigisha abayoboke bacu gukomeza kugira imyumvire myiza bakagira ubumenyi bushyitse bwo gutegura indyo yuzuye kuko usanga ubumenyi buke aribwo twabonye ko bugira uruhare mu izamuka ry’iyi mibare, bityo niho twerekeje amaso”.

Muri iki kiganiro kandi humvikanye amajwi y’abanyamakuru babwiwe n’abaturage ko hari abahabwa amafu yo guha abana bafite imirire mibi n’igwingira bakayagurisha ndetse hakaba n’abandi bayanywamo igikoma batayagenewe aribyo bituma iyi mibare igenda ihindagurika cyane rimwe ikagabanuka ubundi ikongera ikazamuka.

Ubushakashatsi ku mibereho y’ingo bwa 2014-2015 bwerekanye ko Akarere ka Ngororero ari ko ka mbere mu Rwanda mu kugira umubare w’abana bagwingiye kuko bari ku gipimo cya 55.5%, gusa. Mu mwaka wa 2019/2020 bagize 50.5% mu gihe umwaka ushize w’ingengo y’imari bari ku gipimo cya 42%.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga