• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Perezida Joe Biden yagiriye urugendo rutunguranye muri Ukraine

Umwanditsi
February 20, 2023

Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yashyitse i Kyiv, urugendo rwa mbere agize muri Ukraine kuva Uburusiya buteye icyo gihugu, hashize hafi umwaka. Ni urugendo rwatunguranye ndetse ruba mu ibanga ahanini bitewe n’umutekano muke muri iki gihugu kigihanganye n’Uburusiya.

Urwo rugendo rutari rwitezwe, rubaye mu gihe Perezida Biden yarimo yerekeza mu gihugu cya Pologne kubonana na perezida Andrzej Duda. Biden, yabonanye na perezida Volodomyr Zelensky ku munsi Ukraine yibuka iyicwa ry’abantu 107 bari mu myigaragambyo yo kwamagana Leta, hashize imyaka icyenda.

Ukraine, isanzwe imenyereye kwakira abategetsi bakomeye, ariko uru rugendo rutandukanye n’izindi. Kuba Perezida wa Amerika abonanye n’uwa Ukraine ku murwa mukuru hagati na hagati mu ntambara irimo irabica bigacika bifite igisobanuro kandi n’ikimenyetso gikomeye.

Hafi umwaka habaye ibitero bikomeye, ibi ni nk’ubutumwa butaziguye ku Burusiya, ko Amerika n’Uburayi bitazahagarika gufasha Ukraine. Hari habaye ibihuha hakiri kare uyu munsi ko hari umushyitsi ukomeye yashyitse ku murwa mukuru wa Ukraine; umunye Politike Lesia Vasylenko akaba yemeje ko yari Biden.

Mu byumweru bike bishize, Zelensky yagize urugendo rutari rwitezwe i Washington kubonana na mugenzi we Biden, no gusaba inteko ishinga amategeko ya Amerika gutanga ibindi birwanisho byinshi mu gufasha igihugu cye mu ntambara yo gusubiza inyuma abarusiya.

Urugendo rwa Biden nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, rwagizwe ibanga kubera ibibazo by’umutekano, ariko imihanda myinshi mu mujyi wa Kyiv yari ifunze kuva mu gitondo cy’uyu munsi, ibyatumye hakwirakwizwa ibihuha ko hari ikintu gikomeye gishobora kuza kuba.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga