• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/08/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
28/08/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira
28/08/25
Kamonyi: Barashimira Perezida Kagame wabasubije Ubuzima akabaha izina rishya”INTWAZA”
28/08/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Kwesa Imihigo 98 n’indi yihariye byabaheshe guhiga indi mirenge y’Akarere

Nyarugenge: Umuzunguzayi yacakiye ubugabo bw’umunyerondo arabukanda

Umwanditsi
March 4, 2023

Umuzunguzayi w’umugore wacururizaga hafi y’isoko ryo mu karere ka Nyarugenge, ubwo yamburwaga ibyo yacuruzaga, yadukiriye umunyerondo acakira ubugabo bwe arabukanda. Mu kwirwanaho yitabara, umunyerondo yagwanye hasi n’uyu muzunguzayi wakomeretse bikomeye ugutwi. Gukomereka kwako byibazwaho?.

Byukusenge Anitha yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru, ati“ Uriya mugore niwe wizize kuko bamwambuye ibintu yacuruzaga aho kugira ngo agende ahubwo ahita afata uriya mugabo ubugabo bwe arabukanda nibwo bagundagurana yitabara bagwa hasi arakomereka.”

Umunyerondo witwa Tuyisenge Janvier, yabwiye igihe ko uyu muzunguzayi yamuhohoteye ndetse nta n’uruhare yagize kugira ngo akomereke. Ati“ Njye nari ndi mu kazi mwambuye ibintu yari arimo gucuruza yahise aza arankurura amfata ’ubugabo’ arabukanda noneho cyagihe ndimo kwitabara nibwo twaguye arakomereka ariko sinigeze mukubita.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, Murekatete Patricie, yavuze ko camera zishinzwe umutekano zagaragaje ko uyu muzunguzayi yari yafashe ubugabo bw’umunyerondo wamubuzaga gucuruza ndetse yakomeretse ubwo uwo muzunguzayi yitabaraga.

Ati“ Ntacyo umunyerondo yamutwaye kuko camera z’umutekano zatweretse ko yamufashe ubugabo akamukanda undi kuko yari arimo kubabara agerageje kwitabara bagwa hasi arakomereka ariko nta ruhare umunyerondo yabigizemo”.

Yakomeje avuga ko uyu muzunguzayi akimara gukomereka imodoka y’umutekano mu Murenge wa Nyarugenge yahise imujyana ku Bitaro bya Kaminuza bya CHUK kugira ngo avurwe.

Mu Murenge wa Nyarugenge cyane cyane rwagati mu Mujyi wa Kigali, ni hamwe mu hakunze kugaragara abazunguzayi bakunda guhangana inzego z’umutekano zirimo DASSO n’abanyerondo iyo bari mu mikwabo yo kubabuza gukora ubwo bucuruzi bw’akajagari kuko butemewe.

Mu babajijwe bose, yemwe n’umunyerondo uvuga ko ntacyo yatwaye umuzunguzayi, ntawe usobanura uburyo kugwana hasi kwa bombi byaviriyemo uku gutwi gucika gutya. 

Muri uku guhangana n’abazunguzayi babuzwa ubu bucuruzi butemewe n’amategeko, hagiye havugwa kenshi ko haba ubwo izi nzego nazo haba ubwo zikoresha ingufu z’umurengera. Ikibazo cy’abazunguzayi kimaze imyaka itari mike, umuti wo gucika kwacyo biragoye kuzavugutwa ukanyobwa, kugera aho nta muzunguzayi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5851 Posts

Politiki

4102 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

81 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga