• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi: Gitifu yahakanye gutuka abaturage n’itangazamakuru

Umwanditsi
July 7, 2016

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarika, ahakana ibimuvugwaho ko yatutse abaturage n’abanyamakuru abita umwanda.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyakoreshejwe n’akarere ka kamonyi kuri uyu wa mbere Taliki ya 4 Nyakanga 2016, umuyobozi w’umurenge wa Rugarika Nsengiyumva Celestin yateye utwatsi ibivugwa ko yatutse abaturage n’abanyamakuru abita umwanda.

Ibyo gutuka abaturage n’abanyamakuru, uyu munyamabanga nshingwabikorwa, abaturage babibwiye umunyamakuru witwa Papy Ndahiro( ibi intyoza.com yabashije kubibonera kopi), aho bamubwiye ko nyuma yo kumenya ko abanyamakuru bavuganye n’abaturage ngo Gitifu yagiye kubakoresha inama akababwira ko bazanye umwanda mu mudugudu.

Ibi Nsengiyumva Celestin, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarika, mu kiganiro n’itangazamakuru n’ubuyobozi bw’akarere yabiteye utwatsi avuga ko mu nama yagiranye n’abaturage ku italiki 23 Kamena 2016 atigeze atuka abaturage cyangwa se ngo atuke abanyamakuru.

Gitifu Nsengiyumva, avuga ko mu nama n’abaturage yaganiriye nabo kuri gahunda nyinshi, harimo Isuku, umutekano n’izindi, avuga kandi ko mu murenge we bajya batoragura imirambo batazi aho yaturutse n’aho yiciwe, ngo yabasabye rero ko barinda umutekano atari gusa ku ngo ahubwo no kubuza ko hagira abazana imyanda ivuye hanze ngo bayizane mu mudugudu wabo.

Gitifu yagize ati:“nasabye abaturage ko badakwiye kwemera ko umwanda winjira mu mudugudu, mu byukuri uwo mwanda navugaga ni uwo mwanda w’imyanda iva muri Kigali ikamenwa muri rugarika, ni umwanda w’umurambo ushobora gutoragurwa muri rugarika tutazi aho wiciwe”.

Udahemuka Aimable, umuyobozi w’akarere ka kamonyi, ahereye ku byo umunyamabanga nshingwabikorwa wa rugarika yavuze, avuga ko bishoboka ko uyu mugitifu yaba ataravuganye neza n’umunyamakuru ndetse yiyemeza ko agiye gushaka uko ikibazo gikemuka ariko kandi agira n’ibyo asaba abayobozi bayoborana.

Udahemuka yagize ati:” nsabe abandi banyamabanga nshingwabikorwa, abaturage n’abayobozi dufatanya kuyobora aka karere kutajya wenda haba ikibazo n’itangazamakuru, nanjye murabizi sinditinya maze kugirana naryo ibiganiro byinshi”.

Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Udahemuka Aimable, yibukije aba bayobozi ko imibanire myiza n’itangazamakuru inatuma ubuzima bw’akarere bumenyekana, yijeje kandi itangazamakuru muri rusanjye ko nta kibazo rizagirana n’ubuyobozi bw’akarere ka kamonyi ko ndetse ari n’ikibazo bagize bakwegera ubuyobozi bagafatanya gushaka umuti cyangwa igisubizo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga