• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Imirwano muri Sudani y’epfo yakoze ku ngabo z’u Rwanda ziriyo

Umwanditsi
July 11, 2016

Imirwano iri kubera muri Sudani y’amajyepfo, ishyamiranije ingabo za Perezida uriho na Visi Perezida we yibasiye benshi barapfa abandi barakomereka harimo n’ingabo z’u Rwanda.

Intambara iri kubera muri Sudani y’epfo, guhera ku wagatanu w’icyumweru gishize imaze kugwamo abatari bake mu baturage b’abasivile ndetse abandi barakomereka barimo n’ingabo z’umuryango w’abibumbye zibungabunga amahoro zirimo n’iz’u Rwanda.

Intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri muri Sudani y’epfo, zitangaza ko umusirikare w’igihigu cy’ubushinwa yagendeye muri ibi bitero akahasiga ubuzima abandi bagenzibe bagakomereka harimo n’ingabo z’u Rwanda nazo zakomeretse.

Ku bijyanye n’umubare w’ingabo z’u Rwanda wakomerekeye muri ibi bitero ntabwo uratangazwa ndetse n’igisirikare cy’u Rwanda kikaba kitaragira icyo kibivugaho.

Iyi mirwano, ihuje ingabo za Perezida Salva Kiir aho yatangiye abasirikare bamurinda barasana n’aba Visi Perezida we Riek Machar ndetse ikaza gukomeza, ubu hakaba havugwa abagera muri 300 bamaze kuyigwamo biganjemo abasivile.

Umuryango w’abibumbye, wasabye ubuyobozi bwa Sudani y’epfo yaba Perezida Salva Kiir ndetse na Visi Perezida we Riek Marchar gushyira intwaro hasi bagahagarika intambara bakayoboka inzira y’imishyikirano. Wanababajwe kandi n’ibi bikorwa.

Kubera umutekano muke ukomeje kurangwa muri Sudani y’epfo utewe n’iyi mirwano yongeye kubura, abagenda muri iki gihugu bamwe bahinnye akarenge ndetse n’amwe mu makompanyi y’Ingendo z’indege akaba yahagaritse ingendo zayo muri iki gihugu.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga