• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
29/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
29/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
29/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
29/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe

Kamonyi-Runda: Inzu y’umuturage yahiye irakongoka

Umwanditsi
June 19, 2023

Ahagana ku i saa kumi n’imwe z’umugoroba wo kuri uyu wa 19 Kamena 2023, mu Mudugudu wa Nyagacaca, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi hahiye inzu y’umuturage witwa Nzaramba Jean Pierre w’imyaka 45 y’amavuko. Mu byari mu nzu, uretse abana babiri bato batabawe nta kindi cyakuwemo.

Nsanzumuhire Celestin, umukozi wo muri uru rugo wumvise ijwi ry’abana bataka, batabaza bavuga umuriro, we yibereye mu gikoni, yabwiye intyoza.com ko atazi inkomoko y’uyu muriro, ko ibyo yabonye ari uko byatangiriye mu nzu ahari Fizibure, akaba akeka ko ariyo ntandaro.

Umuriro wari mwinshi mu nzu, imbere n’inyuma.

Ati“ Utwana dutoya nitwo twatumye menya ibibaye kuko nari mu gikoni numva dusakuza turira tuvuga ngo umuriro, ngisohoka mbona inzu yafashwe ndwana no kugira ngo ntwegezeyo, ngize ngo ninjire mu nzu n’abandi bari hafi baje batabaye tubona umuriro ubaye mwinshi, turatabaza ariko ntacyo twabashije gukuramo”.

Nzaramba Jean Pierre, nyiri inzu yahiye avuga ko ibyo gushya kw’inzu ye byabaye adahari kuko bamuhamagaye akava Nyabugogo aho akorera ngo aze arebe ko hari icyo yaramura ariko agasanga nta nakimwe yabikoraho. Akeka ko imvano y’iyi nkongi ari umuriro w’amashanyarazi.

Bamwe mu baturage batuye muri ibi bice, babwiye umunyamakuru ko hari igihe umuriro w’amashanyarazi wagiye ubura ukongera ukagaruka bitunguranye, ko kandi iki ari ikibazo bamaranye iminsi, aho bakeka ko ari nayo ntandaro y’inkongi nk’iyi. Bavuga ko ibura ry’umuriro rya hato na hato riza ritunguranye rizasiga ryangije byinshi.

Nzaramba Jean Pierre,  avuga ko inzu ye yahiye yarimo ibintu bifite agaciro katari munsi ya Miliyoni icumi( 10,000,000Fr), mu gihe yo ubwayo ayibarira agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni mirongo inani( 80,000,000Fr).

Nyuma y’ibyamubayeho, ashima ubuyobozi by’umwihariko Polisi y’u Rwanda yatabaye n’imodoka kabuhariwe mu kuzimya inkongi z’umuriro, kuko nubwo we ntacyo yaramiye ariko ngo yatangiriye ko abaturanyi be batagerwaho n’iyi nkongi kuko byajyaga gushoboka ko umuriro urenga bitewe n’inzu zegeranye.

Mu gipangu cy’iyi nzu, harimo izindi nzu zibamo abapangayi bane n’undi wa Gatanu uri ahagana ku irembo, bose inzu zabo ntabwo umuriro wazigezeho ariko barwanye no kuvanamo ibyarimo ubwo inzu nini yafatwaga n’inkongi. Kubera ubwinshi bw’abari bahuruye barimo n’abagenzwa na twinshi (abakorakora), byinshi mu byageragejwe gukurwa mu nzu z’abapangayi bavuga ko hari ibyatwawe mu buryo batazi( byibwe).

Iyi nzu yahiye igakongoka, nta bwishingizi yagira ga nkuko bivugwa na Nzaramba ariwe nyira yo. Avuga ko icyo yisabira ubuyobozi ari ukumurwanaho akareba uko yubaka kugira ngo abone aho we n’umuryango baba. Avuga ko n’undi wagira icyo amufasha yamurwanaho kuko yahuye n’ibyago bitera bitateguje.

Imodoka ebyiri za kabuhariwe za Polisi y’u Rwanda mu kuzimya inkongi z’umuriro nizo zatabaye.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5822 Posts

Politiki

4073 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

997 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga