• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

U Rwanda rwateye utwatsi icyifuzo cya ICC kuri Perezida Bashir

Umwanditsi
July 14, 2016

Urukiko mpuzamahanga ICC, rwasabye u Rwanda ko rwarufasha mu guta muri yombi Perezida Omar Al Bashir rubitera utwatsi.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo, mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kane Taliki ya 14 Nyakanga 2016, yatangaje ko u Rwanda rwasabwe na ICC guta muri yombi Perezida Omar Al Bashir wa Sudani y’epfo ariko rubyima amatwi.

Perezida Omar Al Bashir wa Sudani y’epfo, ni umwe mu bakuru b’ibihugu bamaze kwemeza ko bazitabira inama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe AU iri kubera i Kigali mu Rwanda muri Hotel nshya ya Kigali Convention Center.

Mu kiganiro, Minisitiri mushikiwabo yagiranye n’itangazamakuru, yahamije ko u Rwanda nta burenganziri rufite bwo guta muri yombi Perezida Omar Al Bashir.

Minisitiri Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda nubwo rwakiriye iyi nama ariko ko yatumiwe na AU, ko rwahaye ikaze abatumiwe bose ko kandi rufite kurinda umutekano w’abatumiwe.

Yatangaje kandi ko ubusabe bwa ICC bwaje mu minsi ibiri ishize, ko u Rwanda rwabufashe nk’ubushaka kururangaza, ko ndetse nta mwanya wabyo rufite mu gihe rufite byinshi ruhugiyemo.

Mushikiwabo, yavuze kandi ko u Rwanda rutari mu bihugu byasinye amasezerano y’uru rukiko, ko rero nayo ari imwe mu mpamvu rutanafite uburenganzira bwo guta muri yombi Perezida Omar Al Bashir.

Abanyamakuru mu kiganiro na Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda Louise Mushikiwabo.
Abanyamakuru, mu kiganiro na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo.

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rudashyigikiye ko abayobozi badahanwa, ariko kandi ko ngo iyo ubucamanza bwajemo Politiki urahagarara ukabitandukanya.

Urukiko mpuzamahanga mpana byaha ICC, rwashyize hanze bwa mbere impapuro zita muri yombi Perezida Bashir mu mwaka wa 2009 aho rumushinja ibyaha bitandukanye by’intambara byakorewe muri Darfur muri 2003.

Minisitiri Mushikiwabo, yatangaje kandi ko ICC yivanze muri Politiki kurusha uko yinjira mu butabera ko ndetse bimwe mu bihugu bikomeye biyikoresha.

Inama muri rusange yatangiye Taliki ya 10 ikazageza Taliki ya 18 Nyakanga 2016, abakuru b’ibihugu biteganyijwe ko bazateranira mu nama yaguye y’uyu muryango Taliki ya 17 n’iya 18 bari kumwe n’abakuru ba za guverinoma, abahoze ari abaperezida, aba Ambasaderi muri AU, abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga hamwe n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga itandukanye muri Afurika.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga