• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi-Gacurabwenge: Impanuka y’Ikamyo na Kwasiteri(Coister) ikomerekeyemo abagenzi, ihitana Sofia

Umwanditsi
December 30, 2023

Muri iki gitondo ahagana ku i saa moya n’igice, mu Mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Nkingo, Umurenge wa Gacurabwenge, Akarere ka Kamonyi, ahazwi nko mu Kibuza, ikamyo ifite Pulaki UBP 136 H igonganye n’imodoka yo mu bwoko bwa Kwasiteri( Coister) ifite Pulaki RAE 457N ya kampuni ya R.F.T.C, Hakomeretse abantu barindwi, ihitana Camera yo ku muhanda zimwe zizwi nka Sofia.

Amakuru intyoza.com ikesha isoko y’amakuru yayo yizewe, ni uko iyi Kwasiteri yavaga i Kigali yerekeza Muhanga, ubwo yamanukaga mu Kibuza, ikamyo nayo yari inyuma yayo yamanutse ivuza amahoni isa n’iburira iziri imbere ko hari ikibazo, yirukaga cyane.

Umushoferi wa Kwasiteri wari usumbirijwe, yabuze uko yongeza umuriro ngo yiruke, abura uko abigenza kundi kuko imbere ye hari indi Kamyo kandi atabasha kuyinyuraho kuko hari izindi modoka zavaga mu cyerekezo agana mo.

Uyu mushoferi, mu gushaka uko yirwanaho yakase yerekeza mu nsi y’umuhanda ahunga ariko akubita Camera ihashinze( irarimbuka), izi zizwi nka Sofiya ariko ikamyo nayo iba iyigezeho irayigonga igwa munsi y’umuhanda ndetse n’ikamyo nti yaharenze kuko yahaguye.

Mu bari muri kwasiteri, amakuru agera ku intyoza.com ni uko hakomeretse abantu barindwi ariko nabo bidakabije cyane, aho bahise bahabwa ubutabazi bajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kamonyi ariko Imbangukiragutabara nazo zahise zihagera ku buryo hari ugaragaye ko bikomeye yahita ajyanwa mu bitaro bya Remera-Rukoma biri hafi.

SP Emmanuel Habiyaremye, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yahamirije intyoza.com ko iyi mpanuka koko yabaye, ariko ko nta muntu yahitanye. Avuga ko ari ikamyo ifite ibirango(Pulaki) z’Igihugu cya Uganda yabuze Feri.

Aho ikamyo yaguye.

SP Emmanuel Habiyaremye, avuga kandi ko abo bakomeretse bose mu buryo bworoheje bahise bajyanwa kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Kamonyi. Hagize andi makuru mashya aboneka cyane ko inzego zibishinzwe zikibikurikirana, twiteguye kuyabaha.

Aka ni agace, uvuye ahazwi nko ku masuka munsi y’umuhanda werekeza i Rukoma mu ikorosi rihari kugera hasi mu Kibuza, biragoye ko hashira iminsi nta mpanuka ihabaye.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga