• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi-Kayenzi: Gitifu Rwakibibi JMV mu maboko ya RIB azira ibirimo kubiba “Amacakubiri”

Umwanditsi
January 7, 2024

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kirwa, Umurenge wa Kayenzi ho mu karere ka Kamonyi. Akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha imvugo zirimo amacakubiri.

Amakuru y’itabwa muri yombi rya Gitifu Rwakibibi Jean Marie Vianney w’imyaka 33 y’amavuko, yageze ku intyoza.com ubwo hari hashize akanya gato afashwe. Mbere yo gutabwa muri yombi, amakuru dukesha isoko y’amakuru mpamo atugeraho ni uko yabanje kwitaba ku karere ndetse nyuma y’aho akaza kwandika asezera ku mirimo.

Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yahamirije intyoza.com ko uyu Rwakibibi Jean Marie Vianney wari Gitifu wa Kirwa yamaze gusezera ku mirimo yari ashinzwe. Yagize ati“ Yarasezeye ku wa Gatanu”.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko uyu Rwakibibi Jean Marie Vianney ari mu maboko ya RIB.

Yagize ati” Tariki ya 05/01/2024, RIB yafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kirwa mu Karere ka Kamonyi witwa RWAKIBIBI JEAN MARIE VIANNY (33yrs). Arakekwaho ibyaha birimo gukoresha imvugo zirimo amacakubiri. Afungiye kuri Sitasiyo ya Remera”.

Dr Murangira B. Thierry, akomeza avuga ko iperereza ku byaha uyu Rwakibibi Jean Marie Vianney akekwaho rigikomeje.

Ntabwo bisanzwe cyangwa se si kenshi Umukozi wa Leta mu nzego z’ibanze afatwa akekwaho ibyaha runaka ngo afungirwe aharenze ifasi y’Akarere akoreramo. Iki, ni kimwe mu bigaragaza uburemere bw’ibyaha ashobora kuba akurikiranyweho ariko tutari bwinjiremo kuko twabwiwe ko bikiri mu iperereza. Gusa isoko y’amakuru yacu iduhamiriza ibirenze ibyavuzwe ariko tutakwinjiramo kuko bikiri mu iperereza.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga