• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Igisirikare cy’u Rwanda-RDF cyatangaje ko kishe kirashe umwe mu basirikare batatu ba DR Congo

Umwanditsi
January 16, 2024

Itangazo rya Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda ryo kuri uyu wa 16 Mutarama 2024, rivuga neza ko abasirikare batatu ba DR Congo barenze umupaka bakavogera ubutaka bw’u Rwanda. Umwe muri aba yarashwe n’ingabo z’u Rwanda ahita apfa mu gihe bagenzi be babiri batawe muri yombi. Ibi, byabaye ku i saa saba n’iminota icumi z’iri joro ryakeye.

Iri tangazo ry’ingabo z’u Rwanda, rigaragaza ko Abasirikare batatu ba DR Congo bambutse bakarenga umupaka, bakavogera ubutaka bw’u Rwanda binjiriye mu Mudugudu w’Isangano, Akagari ka Rukoko, Umurenge wa Rubavu, Akarere ka Rubavu.

Aba basirikare, babiri ni; Sgt Asman Mupenda Termite w’imyaka 30 y’amavuko ndetse na Cpl Anyasaka Nkoi Lucien w’imyaka 28 y’amavuko. Uwagatatu utavuzwe amazina muri iri tangazo yarashwe n’ingabo z’u Rwanda arapfa ubwo yazirasagaho.

Itangazo, rivuga ko aba basirikare ba DR Congo batawe muri yombi n’ingabo z’u Rwanda zari ku burinzi zifashojwe n’abanyerondo. Rigaragaza kandi ko aba basirikare ba DR Congo bari bafite imbunda za AK-47, bafite Magazine enye zirimo amasasu 105, bafite ikote ridatoborwa n’amasasu hamwe n’ishashi irimo urumogi.

Muri iri tangazo ry’igisirikare cy’u Rwanda-RDF, rigaragaza ko ku ruhande rw’u Rwanda nta musirikare wapfuye cyangwa se ngo akomereke. Risoza rigaragaza ko iperereza kuri ibi byabaye rikomeje.

Itangazo ry’ingabo z’u Rwanda-RDF

Si ubwa mbere ingabo z’u Rwanda zirashe umusirikare wa DR Congo-FARDC kuko n’umwaka ushize mu kwezi kwa Gatatu hari uwo zarashe avogereye ubutaka bw’u Rwanda, aho yinjiriye mu buryo butemewe ku mupaka munini ahazwi nka“Grande Barrière”.

Photo/internet

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga