• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Rukoma: Yapfiriye kwa muganga nyuma yo guterwa icyuma azizwa umukobwa ucuruza akabari

Umwanditsi
March 17, 2024

Ahagana ku i saa tatu z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024 mu Mudugudu wa Rushikiri, Akagari ka Murehe, Umurenge wa Rukoma, Akarere ka Kamonyi, uwitwa Niyonsenga Fabien w’imyaka 26 y’amavuko bahimbaga “NJYAMANI”, yatewe icyuma na Hatangimana Fidèle w’imyaka 24, afatanije na Dushimimana Emmanuel bahimba“NUSUROBO cg KANUSU” w’imyaka 19 y’amavuko. Uwatewe icyuma yajyanywe kwa muganga biranga biba iby’ubusa, agwa yo.

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com avuga ko imvano yo guterwa icyuma ari umukobwa witwa Iradukunda Joseline nyiri akabari banyweragamo, baramutonganira, bituma Niyonsenga Fabien asohorwa ku ngufu na Dushiminana Emmanuel aka“NUSUROBO cg KANUSU”, aramuterura amukubita hasi aribwo Hatangimana Fidèle yafataga icyuma bivugwa ko yagendanaga, akimutera mu gituza mu nsi y’iberi ahari umutima.

Amakuru kandi ava mu baturage ba Murehe, avuga ko uyu Hatangimana Fidèle bakunze kwita “HATANGA“(byo guhina izina rye), atinywa cyane muri aka gace abamo kuko ngo amaze kugirira abantu benshi urugomo barimo batatu amaze gutema mu bihe byashize, ahubwo abaturage bakaba bahora bahangayitse.

Uyu mukobwa nyirabayazana, akibona ibibaye yahise asohora abari mu kabari ashyiraho ingufuri akizwa n’amaguru, na n’ubu twandika iyi nkuru aracyashakishwa kimwe na Hatangimana Fidèle. Ni mu gihe amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko ku bufatanye bw’inzego za Polisi, DASSO, Inkeragutabara( RF) hamwe n’inzego z’ibanze, uyu Dushiminana Emmanuel, muri iki gitondo yafatiwe mu kagari ka Kagina, Umurenge wa Runda, aho yahise ashyikirizwa Polisi.

Ubwo Niyonsenga Fabien yaterwaga icyuma, mu gihe yari agitaka atabaza yajyanywe kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Rukoma, babonye batabasha ku muvura bahita bamwohereza ku bitaro bya Remera Rukoma binafatanye n’iki kigo nderabuzima ngo yitabweho ariko biranga, agwa yo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge waRukoma, Innocent Mandera yahamirije intyoza.com iby’uru rugomo rwaje kuvamo urupfu. Avuga ko ababigizemo uruhare bose bagishakishwa ku gira ngo bashyikirizwe RIB.

Gitifu Mandera, yibutsa buri wese by’umwihariko abaturage ba Rukoma ko kwihanira bitemewe, ko atari byo. Asaba ko n’iyo haba hari impamvu ituma umwe cyangwa babiri bagirana ikibazo, ntawe ukwiye kujya mu mwanya wo kwihanira. Avuga ko kenshi bitangira ari intonganya bikarangira bivuyemo urugomo rukomeretsa kugera no kuvutsanya ubuzima. Yibutsa buri wese ugiranye ikibazo na mugenzi we kwegera inzego z’ubuyobozi zikabafasha gushaka igisubizo.

Nyakwigendera, Niyonsenga Fabien akomoka mu karere ka Ngororero. Bivugwa ko yari umucumbitsi wishabikira, ndetse ngo akaba yari afite umugore babanaga bitemewe n’amategeko aho bari bamaranye amezi agera muri atanu.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga