• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Nyakabanda: Impanuka y’imodoka ya FUSO yangije ibitari bike

Umwanditsi
July 23, 2016

Imodoka 6 nizo zagonzwe n’ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO, moto hamwe n’abagenzi bari mu muhanda babigenderamo.

Kuri uyu wa gatandatu Taliki ya 23 Nyakanga 2016, hafi y’isoko rya Kimisagara umanuka uva ku cyapa cyo kwa mutwe werekeza Nyabugogo utaragera aho bita ku ntaraga mu mujyi wa Kigali akarere ka Nyarugenge, umurenge wa Nyakabanda, ikamyo yo mubwoko bwa FUSO yagonze imodoka esheshatu.

Ikamyo ya FUSO ifite Puraki RAC 151 Q abayibonye, bavuga ko yari mu muhanda wa kimisagara imanuka yerekeza nyabugogo, ubwo yageraga munsi y’icyaka cy’ahazwi nko kwa mutwe ku kinamba gihari nibwo yagonze imodoka 6, imwe muri izo ihita ifatwa n’inkongi y’umuriro, yagonze kandi moto hamwe n’abagenzi bari mu muhanda.

Ubutabazi bwa Polisi nibwo bwahagobotse bafatanije n’abaturage babasha kuzimya imodoka yari yafashwe n’inkongi y’umuriro nubwo yari yamaze kwangirika.

Abagonzwe n’imodoka bagakomereka hamwe n’abari mu modoka imbere, bagobotswe n’imodoka z’Imbangukiragutabara zahise zibajyana kwa muganga kugira ngo bavurwe.

Sup Jean Marie Vianney Ndushabandi, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu umunani, bose bakaba bajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya CHUK.

Ababonye kandi uko iyi mpanuka yagenze, bavuga ko iyi modoka yirukaga, ko ndetse bakeka ko yaba yabuze feri, bahamya kandi ko abantu bayikomerecyeyemo ko kubaho kwa bamwe muribo biraba amahirwe.

Umushoferi wari utwaye iyi Modoka yo mubwoko bwa FUSO RAC 151 Q yateje impanuka, abari aho impanuka yabereye bavuga ko yahise akuramo ake karenge akiruka kuburyo ntawamenye irengero rye.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga