• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
19/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
19/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
19/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yirukanywe muri Guverinoma

Umwanditsi
July 25, 2024

Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, none ku wa 25 Nyakanga 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yirukanye mu mirimo Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc wari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu Rwanda. Itangazo rivuga ko yirukanwe kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Iri tangazo ryasohotse muri iki gitondo, rigira riti“ Hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, None ku wa 25 Nyakanga 2024, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yirukanywe ku mirimo yari ashinzwe nka Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (Mifotra) kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho”.

Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, nta gihe kinini yari amaze kuri uyu mwanya kuko tariki ya 12 Kamena uyu mwaka aribwo Perezida wa Repubulika yari yamushinze iyi Minisiteri. Iyi ni Minisiteri ya 4 yari ayoboye.

Mbere yo kuba Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yabaye Minisiteri w’Uburezi, aba Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yabaye kandi Minisitiri w’Ibidukikije.

Muri 2013, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yohereje Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya guhagararira u Rwanda (Ambasaderi) mu gihugu cy’u Burusiya, aho yamaze imya itandatu kuko yagarutse mu Rwanda mu 2019 agizwe Minisitiri w’Ibidukikije.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga