• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/08/25
Kamonyi: Barashimira Perezida Kagame wabasubije Ubuzima akabaha izina rishya”INTWAZA”
26/08/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Kwesa Imihigo 98 n’indi yihariye byabaheshe guhiga indi mirenge y’Akarere
26/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
26/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma

Kamonyi-Nyamiyaga: Kuzimura ko bariye Urukwavu iwabo bibye byatumye bacanira umuhoro baramutwika

Umwanditsi
August 15, 2024

Umwana w’Umukobwa w’imyaka 5 y’amavuko yatwitswe umunwa na Nyina umubyara akoresheje umupanga yabanje gucanira urashyuha. Uyu mwana, yajijijwe kuvuga ko Urukwavu bariye ari urwibano. Byabereye mu Mudugudu wa Nyamweru, Akagari ka Bibungo, Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka Kamonyi.

Uyu mubyeyi uvugwa n’abaturanyi ko nta mpuhwe, nta rukumdo rwa kibyeyi afite, yitwa Mukanyandwi Marie Grâce w’imyaka 37 y’amavuko. Yatwitse umwana we w’umukobwa yibyariye witwa Munezero Elisee w’imyaka 5 y’amavuko.

Abajijwe impamvu yamuteye gutwika umunwa w’umwana yibyariye akoresheje umupanga ushyushye, yasubije ko yabitewe n’uko uyu mwana yari yavuze(yazimuye) ko bariye urukwavu bibye. Bikekwa ko uwibye uru rukwavu ari uyu mubyeyi Mukanyandwi waje gutwika umunwa w’umwana we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Mudahemuka Jean Damascene bakunda kwita Nzirubugwari yabwiye intyoza.com ko nyuma yo kumenya ko uyu mubyeyi Mukanyandwi yatwitse umwana we, yarafashwe ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB Sitasiyo ya Mugina, mu gihe umwana yajyanywe kwa muganga kugira ngo avurwe.

Umwana na Nyina.

Amakuru agera ku intyoza.com ni uko uyu mubyeyi Mukanyandwi Marie Grâce nta mugabo babanaga mu buryo buzwi nkuko bivugwa n’ubuyobozi bw’Umurenge. Urukwavu bikekwa ko rwibwe kuri umwe mu baturanyi nirwo nyirabayazana w’ibyabaye ku mwana.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5849 Posts

Politiki

4100 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1006 Posts

Imyidagaduro

81 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga