• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Ngamba: Inka n’iyayo byatwikiwe mu kiraro birakongoka

Umwanditsi
February 24, 2025

Mu Mudugudu wa Gatare, Akagari ka Kazirabonde, Umurenge wa Ngamba ho mu Karere ka Kamonyi mu rugo rwa Twizeyimana Evariste w’imyaka 32 y’amavuko, Inka n’Inyana yayo yari imaze ibyumweru bibiri ivutse byatwikiwe mu kiraro birashya birakongoka.

Amakuru intyoza.com icyesha bamwe mu baturage bo hafi y’ahabereye aya mahano, bavuga ko ibi byabaye ku wa 20 Gashyantare 2025 byabatunguye cyane. Bavuga kandi ko hari abagerageje gutabara bakazimya umuriro ariko kuko bahageze batinze nti babasha gukiza iyo Nka n’iyayo.

Munyakazi Epimaque, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba yabwiye Umunyamakuru wa intyoza.com ko amakuru y’aya mahano y’Inka n’iyayo byatwikiwe mu kiraro ari impamo, ko kandi n’ukekwa yafashwe.

Ubwo abayobozi bageraga ahabereye aya mahano.

Akomeza avuga ko nyuma y’ibyabaye inzego zibishinzwe zirimo Polisi na RIB batangiye iperereza hagamijwe kumenya imvano y’ibyabaye. Avuga kandi ko hakekwa ko inka nkuru ishobora kuba yarafatiwe mu kiraro igiye gutabara Inyana yayo.

Twizeyimana Evariste, wakorewe ubu bugome yabwiye intyoza.com ko ibyamubayeho bibabaje, ariko ko uwo akeka ari umugabo bari bafitanye amakimbirane ahanini ashingiye ku butaka, ariko kandi akanaba inshuti y’umugore we bamaze amezi agera mu munani batabana kuko ngo yagiye ataye urugo bapfuye amafaranga y’ikimina asaga ibihumbi 100.

Avuga ko gukeka uyu mugabo bitapfuye kwizana kuko uretse kuba basanzwe bafitanye ayo makimbirane ashingiye ku butaka no kuba inshuti y’umugore we batakibana, hiyongera ho ko na mbere y’uko ibi biba, uyu akeka yari yamubonye anyura hafi y’iwe, ibyabaye bikaza nyuma gato.

Twizeyimana Evariste, avuga kandi ko Inka yari aragiye ari indagizo, ariko ko yari yaramaze kuziturira nyirayo, ko iyo yonsanga yari iye, ko kandi ibyabaye hari ku manywa ku gicamunsi. Akomeza avuga ko uyu mugore wamutaye yagiye bafitanye umwana umwe.

Nyuma y’ibyabaye, Ubuyobozi bw’Umurenge bwagiye ahabereye aya mahano buganira n’abaturage, bahumuriza uyu mugabo ariko kandi banasaba buri wese gutanga amakuru yatuma uwagize uruhare muri ibi afatwa akabiryozwa.

Abayobozi baganira n’Abaturage.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga