• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Kamonyi-Nyarubaka: Polisi yataye muri yombi Umugabo wasanganywe umurima w’Urumogi iwe

Umwanditsi
March 6, 2025

Ahagana ku i saa sita n’igice z’amanywa yo kuri uyu wa 06 Werurwe 2025 mu Mudugudu wa Kabere, Akagari ka Nyagishubi, Umurenge wa Nyarubaka ho muri Kamonyi, Polisi yataye muri yombi umugabo witwa Hitimana Emmanuel w’imyaka 48 y’amavuko. Ni nyuma yo gusanga mu rugo iwe yarahahinze Urumogi ibiti bigera ku icumi.

Bamwe mu baturage bo hafi y’uru rugo rwasanzwemo umurima w’Urumogi babwiye intyoza.com ko bagiye kubona bakabona Polisi ije mu rugo rwa Hitimana Emmanuel, binjira mu rugo iwe basanga yarahahinze Urumogi bagenda bamutwaye.

Hari amakuru bamwe muri aba baturage bahaye intyoza.com bavuga ko nubwo babonye Polisi ije, kuza kwayo bitapfuye kwizana kuko hari bamwe muri bagenzi babo bari bazi amakuru ko uyu mugabo ahinga Urumogi ndetse bakaba aribo barimo abatanze amakuru yatumye Polisi iza gufata uyu waruhingaga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye intyoza.com ko amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo ari impamo, ko ubwo Polisi yageraga mu rugo iwe yahasanze umurima w’Urumogi.

Yagize ati“ Polisi yafashe Hitimana Emmanuel w’imyaka 48 y’amavuko akekwaho guhinga Urumogi iwe mu rugo. Twahasanze hahinzemo ibiti 10 by’ikiyobyabwenge cy’Urumogi”. Akomeza avuga ko uyu wafashwe yajyanywe gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye mu butumwa bwe, aravuga ko Polisi y’u Rwanda itazihanganira abijandika bose mu byaha. Ashimangira ko nta kibi na kimwe wakora ngo Polisi ye kutakimenya, ko bityo yiteguye gufata buri wese ubarizwa mu byangwa n’Amategeko.
intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga