• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi-Rugalika: Umuyobozi w’Ingabo yasabye inzego z’ibanze kumenya abaturage bayobora

Umwanditsi
April 2, 2025

Lt(Lieutenant) Jean de Dieu Niyonzima, umuyobozi w’Ingabo(RDF) mu karere ka Kamonyi ubwo yari mu nteko y’Abaturage mu Kagari ka Kigese, Umurenge wa Rugalika ho mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 01 Mata 2025, yasabye Abaturage n’Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze gushyira imbaraga hamwe mu kwicungira Umutekano bahereye mu Isibo. Yababwiye ko ku nkiko z’Igihugu Ingabo zihari, ko umutekano ari ntayegayezwa, ko Igihugu kiharinze bihagije. Yasabye by’umwihariko Abayobozi kumenya abo bayobora kuko batabazi nta mikoranire.

Lt Jean de Dieu, aganira n’Abaturage yabanje kubibutsa ko bari mu minsi isatira Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Asaba buri wese kwirinda ibikorwa ibyo aribyo byose bibi, by’umwihariko ibiganisha ku Ingengabitekerezo ya Jenoside. Yasabye kandi buri wese kuzirikana ko muri iyi minsi Ijana yo Kwibuka, akwiye kwita ku mutekano, yirinda icyawuhungabanya icyo aricyo cyose.

Abaturage bari bitabiriye inteko ari benshi.

Yagize kandi ati“ Njyewe ndibaza! Ingengabitekerezo urayigira iraguha Kawunga yo kugaburira abana? Ingengabitekerezo urayigira iraguha Mituweli? Ingengabitekerezo ya Jenoside iraguha ubutaka!?”. Yakomeje asaba abumva bakifitemo Ingengabitekerezo ya Jenoside ko icyaba kiza ari uko bayibyimbana igahera muri bo kuko uzahirahira ikamusohokamo atazihanganirwa na busa.

Yagize ati“ Agapfa kaburiwe ni Impongo! Umuntu uzagaragarwaho Ingengabitekerezo ya Jenoside nta kumubabarira, nti bishoboka. Nta Ngengabitekerezo igomba kugaragara muri kano karere kacu”.

Abayobozi batandukanye bari mu nteko y’Abaturage.

Ku bijyanye n’Umutekano, Lt Jean de Dieu yabwiye abitabiriye iyi nteko y’Abaturage ko u Rwanda rurinzwe ndetse abibutsa ko tariki 27 Mutarama 2025 iyo ruba rutarinzwe, nta bwirinzi bukomeye rufite byari kuba bibi cyane I Rubavu ahegereye Goma kuko hari ibisasu karahabutaka byarashwe ku Rwanda ariko bigasanga hari ubwirinzi burenze.

Yakomeje abasaba kuzirikana ko Igihugu kitabona Abasirikare bajya ku mbibi ngo haboneke n’abajya kuri buri rugo rw’Umuturage kuhacunga umutekano. Yasabye ubufatanye, buri wese akumva neza agaciro ko kugira Umutekano.

Ati“ Ntabwo tuzabona umusirikare cyangwa Umupolisi uzaba uri ku mbibi z’u Rwanda ngo aze no kuri buri rugo rw’Umuturage! Tugomba gufatanya. Abasirikare bazaba ku mbibi z’u Rwanda, Polisi nayo izaba ku mbibi z’u Rwanda irebe umutekano wo mu muhanda ariko namwe hari icyo tubasaba! Kudufasha gucunga Umutekano muhereye aho mutuye, aho mugenda”.

Lt Jean de Dieu Niyonzima/RDF Kamonyi.

Yibukije ko umutekano wa mbere uhera mu ngo, aho umugabo n’umugore babana bakwiye kuba bashyize hamwe, bubahana kandi kuzuzanya bakabera urugero rwiza ababakomokaho ndetse bakabanira neza abaturanyi, ibitagenda babona byahungabanya umutekano bagatanga amakuru hakiri kare bigakumirwa, imiryango ibana mu makimbirane ikegerwa amazi atararenga inkombe.

Ahereye kwa Mutwarasibo, Mudugudu n’abandi bayobora abaturage yabasabye kuba bazi abo bayobora. Yitanzeho urugero, avuga ko nawe ubwe ayobora abasirikare abazi mu buryo bwose. Ati“ Mutwarasibo ugomba kuba ukamirika abantu bawe, Isibo yawe uyizi mu mutwe nk’uko nanjye Abasirikare nyobora mba mbazi”. Yakomeje ababwira ko ibyo bizabafasha cyane kumenya uko bafatanya n’abo bayobora gukora ibyiza no gufatanya kugana mu cyerekezo cyiza cy’Igihugu, ntawe ubusanya n’undi.

Muri iyi nteko y’Abaturage, ba Mutwarasibo na ba Mudugudu basabwe cyane kumenya ibikorerwa aho bayobora, bakamenya abahagenda, abaharara ndetse n’icyo bakora aho bagize amakenga bagatanga amakuru kugira ngo hatagira ubihishamo agakora ibitemewe n’amategeko.

By’umwihariko muri iyi nteko y’Abaturage, abagize Komite z’Imidugudu babwiwe ko hari bimwe mu byemezo byafashwe bizatuma abakora nabi baberereka bagasimbuzwa abashoboye kandi bashobotse kuko hari ibyo ureba bidakwiye ugasanga byarakorewe mu Mudugudu, wasuzuma ugasanga byari bizwi nyamara abayobozi bose baracecetse, babazwa bakabura ubusobanuro.

Munyaneza Théogène 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga