• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel

Umwanditsi
July 9, 2025

Mu nteko y’abaturage yo kuri uyu wa 08 Nyakanga 2025 yabereye I Musumba, Akagari ka Gitare, Umurenge wa Nyarubaka ho mu karere ka Kamonyi, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Uzziel Niyongira yaburiye abacuruzi by’umwihariko ab’inzoga bazongera abo biba bigaragara ko basinze bikarangira zibakoresheje urugomo n’andi mabi. Yabwiye aba bacuruzi ko hageze ngo bajye birengera ingaruka z’abo basindishije.

Aganira n’aba baturage, Visi Meya Uzziel Niyongira yabanje kubabwira ko bikwiye ko abantu bagabanya ubusinzi muri ibi bihe by’impeshyi. Ati“ Iyi mpeshyi twinjiyemo, abantu ni bagabanye ubusinzi bakore cyane”.

Yababajije kandi ati“ Iyo uhisemo gusinda buri munsi uba wumva winjiza angahe? Winjiza angahe agutera guhora mu kinya? N’abayinjiza nti basinda buri munsi, wowe wabihisemo gute? Wageze kuki kigutera guhora muri Musumba wasumbye abantu”?. Yakomeje ababwira ko uko bigira uko bashaka(nabi) ari nako iherezo ryabo riba ribi.

Yagize kandi ati“ Urugomo ruba hano rukururwa n’ubusinzi. Ariko rero, mu menye ko umuntu uzongera gutanga inzoga ku muntu wasinze, uwo muntu azajya ahanwa. Bacuruzi mubyumve munadutangire ubwo butumwa. Njyewe ni nkwaka inzoga ukabona nasinze zireke kuko ibyago byose ndi buteze ni wowe uzabiryozwa”.

Visi Meya Uzziel Niyongira aganira n’abaturage i Gitare. Yaburiye Abacuruzi by’umwihariko abongera inzoga abanywi baba basinze.

Yakomeje ababwira ati“ Murashishikazwa no gucuruza ariko dushishikajwe twebwe no kugira abaturage bafite Ubuzima bwiza. Wibaze ko ayo mafaranga numpa inzoga nkakwishyura nkaza kumena ikirahure cyangwa nkagira ibindi bibi nkora nawe ugomba kubibazwa. Wampereye iki inzoga ku buryo nsinda?, waretse ngashira inyota ukambwira ngataha ko ejo wakomeza ukayicuruza?. Mu yandi magambo, ubusinzi ntabwo tubushyigikiye”.

Muri aka Kagari ka Gitare, mu byumweru hafi bibiri bishize hari bamwe mu baturage bagaragaje urugomo rudasanzwe, aho badukiriye ipikipiki ya Gitifu w’Aka Kagari bakayihingagura bakoresheje amapiki. Ni ikibazo cyatumye Visi Meya Uzziel Niyongira yihaniza abaturage nta miyaga, ababwira ko bakwiye kubaha ubuyobozi, ko niba hari ikibazo bafitanye hari inzego bakwiye kwegera bakagaragaza ikibazo ariko ibyo kwigira ibyigomeke ngo ntawe bizahira.

Uko Moto cg Ipikipiki ya Gitifu bayihingaguye.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga