• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Umwanditsi
July 9, 2025

Ku makuru yatanzwe n’abaturage, kuri uyu wa 09 Nyakanga 2015 Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi yakoze umukwabu wasize itaye muri yombi abasore 4 mu kagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi. Bose bakekwaho ubugizi bwa nabi burimo gutegera abantu mu nzira bakabacuza utwabo.

Abatawe muri yombi nkuko SP Emmanuel Habiyaremye, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yabibwiye intyoza.com bafatiwe mu mukwabu Polisi yakoze ku bufatanye n’abaturage bayihaye amakuru.

Avuga ko uyu mukwabu wakozwe mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha. Asaba abaturage kongera imbaraga mu gutanga amakuru neza kandi ku gihe kugira ngo Polisi ibakize abanyabyaha babajujubije, babuze gukura amaboko mu mifuka ngo bakore ibyemewe n’amategeko ahubwo bagashaka gutungwa n’ibyo abaturage bavunikiye.

SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye intyoza.com ko uko ari bane bafashwe bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rukoma kugira ngo bakorerwe Dosiye ku byaha bakekwaho bityo bashyikirizwe amategeko abakanire urubakwiye.

Nkuko SP Emmanuel Habiyaremye, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo abivuga, Polisi iraburira uwo ari we wese utekereza guhungabanya umutekano w’abaturage akora ibyaha mu buryo ubwo aribwo bwose ko bitazamugwa amahoro kuko Polisi iri maso kandi ntaho kuyicikira hahari.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga