• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/02/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
16/02/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
16/02/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
16/02/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel

Umwanditsi
August 29, 2025

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Uzziel Niyongira ari mu Nteko rusange y’Inama y’Igihugu y’Abagore iri kubera ku Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 29 Kanama 2025, abwiye Abagore ko nubwo mu cyivugo cyabo(Mutimawurugo) harimo ko batazatesha Agaciro uwakabasubije, n’Abagabo ngo niko biri kuko nabo ntako bagiraga, bakagize kubera Perezida Paul Kagame.

Visi Meya Uzziel, ahereye ku cyivugo cya Mutimawurugo kigira kiti“ Ndi Mutima w’Urugo, Ndi Nyampinga, Ndi Umugore Ubereye u Rwanda, Si Nzatesha Agaciro Uwakansubije”, yabwiye Abagore ati“ Ese mugira ngo natwe nk’Abagabo hari agaciro twari dufite!? Natwe tugakesha uwakadusubije, Perezida Paul Kagame. Buriya tuba twakomeje kuvuga ngo Abagore mwasubijwe Agaciro, Abagabo se twe twari dufite akahe?”.

Yakomeje ababwira ati“ Abagore muri Imbaraga zikomeye, tuzajya dukomeza no kubivuga kenshi n’uwabyumvaga buhoro abyumve cyane!, muri urwego rufatika kandi guha agaciro Umugore ni ukugaha Umuryango. Gushyigikira Umugore ni ugushyigikira Umuryango, ni ugushyigikira iterambere ry’Igihugu kuko ntabwo twabasha kubaka iki Gihugu uruhare rw’Umugore rutabonetse”.

Yabwiye Abagore ko ibyo bakora, icyo bashyizeho imbaraga z’Umutima n’Umubiri bagikora kandi neza. Yagize ati“ Byaragaragaye ko Abagore bafite Impano nyinshi n’imbaraga nyinshi, ahubwo twebwe icyo tugomba gukora ni ugukomeza kubongerera imbaraga no kubaba hafi tugafatanya mu bikorwa bya buri munsi kuko imbaraga zo murazifite n’ibyo gukora birahari”.

Yakomeje yibutsa Abagore ko bagomba gukora ibikorwa byose biganisha ku mpinduka nziza z’Ubuzima bw’Umugore. Ati“ Turifuza ko ibikorwa byose turi gutekereza tuzakora ari ubungubu ndetse n’ibizaza bigomba kugaragaza impinduka mu mibereho myiza y’Abagore, mu iterambere ryabo kuko Umugore hari aho avuye n’aho ageze ariko kandi ntabwo turagera aho dushaka uko bikwiye. Hari ibimaze gukemuka ariko kandi haracyari n’inzitizi tugomba gukomeza gufatanya tukazivana imbere y’Umugore bityo agakomeza gukora agatera imbere”.

Muri iyi Nteko rusange y’Inama y’Igihugu y’Abagore, abayitabiriye baraganira ku ruhare rw’Umugore mu iterambere rye bwite, Umuryango n’Igihugu muri rusange, ariko kandi n’inzitizi ahura nazo n’uko zakurwaho. Ni mu Nsanganyamatsiko igira iti“ Duteze Imbere Umugore, Dufatanya mu kurwanya icyabangamira iterambere rye”.

Muri iyi Nteko, Abagore bamuritse ibijyanye n’Ubuhinzi bakora.

 

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga