• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
10/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana
10/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
10/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi

Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Umwanditsi
September 9, 2025

Ahagana ku i saa tanu z’amanywa yo kuri uyu wa 09 Nzeri 2025 mu Mudugudu wa Kiranzi, Akagari ka Kidahwe, Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka Kamonyi, hafatiwe Umusore w’imyaka 18 y’amavuko ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko. Amezi yari abaye abiri ukekwa yarahunze ariko birangiye afashwe. 

Amakuru agera ku intyoza.com avuye mu baturage aho ukekwa yafatiwe, ahamya ko igikorwa cyo gufata ukekwaho icyaha cyo gusambanya uyu mwana w’umukobwa w’imyaka 17(twirinze gutangaza imyirondoro) cyakozwe k’Ubufatanye bwa RF( Reserve Force-Inkeragutabara), DASSO n’abaturage.

Amakuru atangwa n’abaturage kandi yemezwa n’Ubuyobozi ni ay’uko Ababyeyi b’uyu mwana wasambanijwe batuye mu Kagari ka Gakingo, Umurenge wa Shingiro ho mu karere ka Musanze.

Amakuru atangwa kandi akanemezwa n’Ubuyobozi ni ay’uko icyaha ucyekwa akurikiranyweho yagikoze ku wa 23 Nyakanga 2025 akagikorera mu Kabari k’uwitwa Orivier Niyitugabira w’imyaka 31 y’amavuko. Icyo gihe ukekwa yahise acika, arabura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Rafiki Mwizerwa yabwiye intyoza.com ko aya makuru bari barayahawe igihe ukekwa gusambanya uyu mwana ariko agahita ahunga. Ashimangira ko kuba yafashwe ubutabera bugiye gukora akazi kabwo, bugatanga Ubutabera.

Ukekwa watawe muri yombi, yahise ashyikirizwa Sitasiyo ya Polisi na RIB ya Mugina ari nabo bareberera Umurenge wa Nyamiyaga. Ubwo amakuru yo gusambanya uyu mwana yamenyekanaga, uwahohotewe yahise yoherezwa kuri ISANGE One Stop Center
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5861 Posts

Politiki

4112 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga