• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
17/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
17/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)

Umwanditsi
September 17, 2025

Ku bufatanye bw’Akarere ka Gisagara na Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wa 17 Nzeri(ukwa 9) 2025 mu kigo cy’Amashuri abanza cya Kabumbwe giherereye mu Murenge wa Mamba habereye Igikorwa cyo guhemba no guteza imbere Club zishinzwe gukumira Ibyaha mu mashuri (Promotion of Anti-crime clubs in schools).

Iki gikorwa, cyayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Madamu Dusabe Denise. Yasabye abanyeshuri by’umwihariko ababarizwa muri Clubs(amatsinda) agamije ku gukumira Ibyaha kwita ku masomo nk’intego y’ibanze yabazanye ariko kandi anabibutsa kutadohoka ku ngamba nziza zo gufasha mu gukumira Ibyaha.

ACP Teddy Ruyenzi.

ACP( Assistant Commissioner of Police) Teddy Ruyenzi, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’Igihugu rishinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’Abaturage(Community Policing) muri police y’Igihugu, yabwiye abitabiriye iki gikorwa ko inshingano za Polisi y’Igihugu zitagarukira gusa ku gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo, ko ahubwo Polisi inagira uruhare mu bikorwa bitandukanye bigamije gutuma imibereho y’Umuturage irushaho kuba myiza, ko kandi ibyo Polisi itabigeraho yonyine hatabayeho Ubufatanye bwa buri wese.

Yasabye Abanyeshuri bibumbiye mu matsinda(Clubs) zo gukumira ibyaha kudatezuka ku ntego nziza biyemeje. Yabibukije ko nta cyiza cy’icyaha ndetse n’ugikora uretse kwangiza umuryango nyarwanda ariko by’umwihariko ubyishoramo kuko ingaruka ziza kuriwe ari nyinshi. Yasabye aba banyeshuri kutarebera ikibi gikorwa ngo baceceke, ko ahubwo ari ijisho rikumira icyaha aho bari hose.

Muri iki gikorwa cyo gushimira, Guhemba no Guteza imbere ababarizwa muri aya matsinda cyangwa se Clubs, hahembwe Club yitwa Indatwa za Gisagara yahize izindi mu Ntara y’Amajyepfo mu gukumira ibyaha batangira amakuru ku gihe.
Mu bihembo byahawe aba banyeshuri, birimo Amakayi, Ibikapu by’ishuri, inkweto zo kwambara, Amakaramu hamwe n’ibindi bikoresho bitandukanye umunyeshuri akenera gukoresha mu ishuri.

Abanyeshuri baganirijwe n’aba bayobozi bagera ku 1910. Bose, bibukijwe Indangagaciro na Kirazira by’Umuco Nyarwanda harimo; Gukunda Igihugu, Kurangwa n’Ikinyabupfura, Gukunda Umurimo, Kwiga bagatsinda, Kwirinda Ibiyobyabwenge bakaba ba NKORE NEZA BANDEBEREHO” n’izindi ndangagaciro zitandukanye zikora ku buzima bwabo bwa buri munsi.
Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga