• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Kamonyi-Rukoma: Umugabo w’imyaka 56 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi

Umwanditsi
September 19, 2025

Ahagana ku isa tatu n’igice(09h30) zo kuri uyu wa 19 Nzeri 2015 mu Mudugudu wa Tunza, Akagari ka Buguri, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi, hamenyekanye urupfu rw’umugabo witwa Sekimonyo Evariste w’imyaka 56 y’amavuko wasanzwe amanitse mu mugozi(umwe bazirikisha ihene n’andi matungo), bikekwa ko yaba yiyahuye.

Amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Tunza by’umwihariko mu baturanyi ba hafi, bavuga ko umugozi basanze Nyakwigendera amanitsemo ari usanzwe mu rugo kuko banawukoreshaga basarura KAWA.

Nyakwigendera, yabanaga na Mushikiwe w’imyaka 58 y’amavuko, ari nawe wamubonye mbere amanitse mu mugozi. Bombi, babanaga mu rugo basigiwe n’ababyeyi babo cyane ko bombi nta n’umwe wigeze ashaka cyangwa se ngo abyare.

Abaturage baganiriye n’umunyamakuru wa intyoza.com bavuga ko aba bavandimwe mu buzima busanzwe nta bibazo bari bafitanye ubwabo ndetse n’abandi bantu ku buryo uyu Nyakwigendera yakwiyambura ubuzima. Gusa, bavuga ko yari asanganywe uburwayi bw’umutwe udakira, aho ngo yajyaga abwira abo baganira ko yumva mu mutwe harimo kwaka nk’itanura.

Innocent Mandera, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko urupfu rw’uyu muturage yarumenye kandi ko inzego z’Umutekano, Polisi na RIB bageze yo.

Gitifu Mandera, avuga ko nk’ubuyobozi bihanganisha umuryango wabuze uwawo, ariko kandi ko basaba abaturage muri Rusange ko ibibazo umuntu yagira uko byaba bimeze kose bidakwiye kuba impamvu yo kwiyaka ubuzima. Asaba ko mu gihe hari ikibazo utabasha kwikemurira ngo ubone igisubizo cyangwa se nta wundi wagufasha ukwiye kwegera ubuyobozi kuko buhari mu nyungu z’Umuturage.

Nyuma y’uko inzego z’umutekano zirimo Ubugenzacyaha/RIB na Polisi zihageze, hafashwe icyemezo cy’uko umurambo woherezwa ku bitaro bya REMERA-RUMOMA ku gira ngo ukorerwe isuzumwa(Autopsy).

Photo/internet

Munyaneza Théogène

 

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga