• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Abarundi babiri biciwe kubutaka bw’u Rwanda barashwe

Umwanditsi
September 1, 2016

Abagabo babiri b’abarundi nkuko bitangazwa n’Igipolisi cy’uburundi, bambutse umupaka w’uburundi ahitwa Ruhwa bajyanye imboga z’intoryi mu Rwanda barasirwa kubutaka bw’u Rwanda bahita bapfa.

Kuva Leta y’uburundi yafunga imipaka yose iyihuza n’igihugu cy’u Rwanda mu bijyanye n’ubucuruzi ariko cyane kubiribwa, ingaruka zatangiye kwigaragaza kugera ku kubura ubuzima kubera kwitwikira ijoro kubarundi bashaka kwambuka umupaka rwihishwa.

Nkuko bitangazwa n’igipolisi cy’uburundi, Pierre Nkurikiye umuvugizi w’iki gipolisi, yatangaje ko abagabo babiri bakomoka muri zone ya Rugombo intara ya Cibitoke barasiwe kubutaka bw’u Rwanda aho bari bitwikiriye ijoro bambukanye intoryi mu Rwanda.

Abarashwe, barashwe murukerera rwo kuri uyu wa gatatu taliki ya 31 kanama 2016. Igipolisi cy’uburundi kivuga ko abambutse bari icyenda, Ubwo ngo igisirikare cy’u Rwanda cyabahagarikaga bane birutse bahita basubira iburundi hanyuma mubasigaye nabo birutse haraswamo babiri abandi nabo biruka bahunga basubira iburundi.

Pierre Nkurikiye, umuvugizi w’igipolisi cy’uburundi, yatangaje ko abishwe ari Nyabenda Jeremie w’imyaka 23 hamwe na Niyonkuru Fidele w’imyaka 25. Nkurikiye, avuga ko abarashwe bambukanaga imboga z’intoryi aho bitwikiriye ijoro bagashaka kwambuka rwihishwa kuko bari bazi ko kwambuka umupaka bibujijwe.

Umuvugizi w’igipolisi cy’uburundi, nkuko tubikesha BBC, ashinja abasirikare b’u Rwanda bacungaga umutekano kuri uyu mupaka kuba aribo barashe aba barundi ubwo bageragezaga kwambuka baza mu Rwanda.

Leta y’uburundi, yafunze imipaka iyihuza n’igihugu cy’u Rwanda. Uretse gufunga imipaka, yanatangaje ko uzagerageza kwambuka mu buryo bunyuranije n’amategeko n’amabwiriza yatanzwe azahura n’akaga. Uburundi bushinja Leta y’u Rwanda kuyirwanya bityo bukavuga ko nta mpamvu nimwe yo kugirana imigenderanire no gukorana ubucuruzi n’igihugu kiburwanya.

 intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga