• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/11/25
Kamonyi-Runda/Gihara: Polisi yataye muri yombi ukekwaho Ubucuruzi bw’Ibiyobyabwenge
20/11/25
Kamonyi: RIB yafunze uwiyitaga Umutoza w’ikipe y’Abana, azira gutwara Miliyoni z’Ababyeyi babo
20/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yateze ibiceri 200 gusa atsindira 2,465,813
20/11/25
HOWO(HOHO) ishobora kuba atari ikibazo, ahubwo abazitwara-ACP Boniface Rutikanga

Kamonyi-Runda/Gihara: Polisi yataye muri yombi ukekwaho Ubucuruzi bw’Ibiyobyabwenge

Umwanditsi
November 20, 2025

Kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2025, ku bufatanye n’Abaturage hamwe n’Inzego z’Ibanze, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi yafashe Umugabo w’imyaka 37 y’Amavuko ukekwaho GUCURUZA no GUKWIRAKWIZA Ibiyobyabwenge. Yafatiwe mu Mudugudu wa Bimba, Akagari ka Gihara ho mu Murenge wa Runda, afatanwa Ibiro birenga bibiri(2kgs) by’Urumogi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko uwafashwe yahise ajya gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda, ko kandi Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha/RIB batangiye akazi ku byaha akekwaho.

CIP Hassan Kamanzi, avuga ko Polisi y’u Rwanda ishimira Abaturage ari nabo bafatanyabikorwa bakomeje kugira umuco mwiza wo kumenyako umutekano ari Inshingano rusange, ko kandi gutangira amakuru ku gihe kandi vuba bifasha Gukumira no kurwanya ibyaha.

Polisi y’u Rwanda kandi iraburira buri wese kwirinda gukora ibinyuranyije n’Amategeko by’umwihariko Gucuruza, Gukwirakwiza, Gutunda no Kunywa Urumogi. Irasaba ubirimo n’ubutekereza kubizibukira(kubireka) kuko byangiza Ubuzima bwe bwite n’ubwabaturarwanda, by’umwihariko Urubyiruko zo mbaraga z’Igihugu kandi zubaka vuba. Abo kandi baributswa ko ibyo bigize ibyaha bihanwa n’Amategeko, ko Polisi itazigera yihanganira uwo ariwe wese ukora ibinyuranyije n’Amategeko.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5918 Posts

Politiki

4168 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1036 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga