• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
13/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
13/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
13/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
13/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
13/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
13/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
13/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana

Muhanga: Basabwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umwanditsi
September 7, 2016

Abafatanyabikorwa bagera kuri 200, baganirijwe na Polisi y’u Rwanda basabwa kuba ku isonga mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kugira uruhare mu ikumirwa ry’ibindi byaha muri rusanjye.

Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano bagera kuri 200 bo mu karere ka Muhanga basabwe kongera imbaraga mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi byaha.

Ibi byasabwe ibyiciro birimo abahagarariye Kompanyi zitwara abagenzi mu modoka, abayobozi b’Amashyirahamwe y’abatwara abagenzi kuri moto n’amagare, abakaraningufu, n’abagize Komite zo kubungabunga umutekano mu murenge wa Nyamabuye.

Barimo kandi abahuzabikorwa b’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha mu mirenge ya Muhanga, Nyamabuye, Shyogwe na Cyeza na bamwe mu bashakanye babanaga mu makimbirane basigaye babanye neza.

Babikanguriwe taliki 5 Nzeri 2016 mu nama bagiranye n’ubuyobozi bw’aka karere n’inzego z’umutekano, iyo nama ikaba yarabereye mu kagari ka Gitarama , ho mu murenge wa Nyamabuye.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukagatana Fortuné yabwiye abo bakuriye ibyo byiciro ati:” Ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye zirimo iza Leta n’izigenga ni ingenzi kugira ngo umutekano ukomeze gusigasirwa. Kugira ngo ibyo bigerweho; hagomba kubaho guhanahana amakuru ku gihe hagati yazo”.

Yagize kandi ati:”Umugabo cyangwa umugore uhohotera uwo bashakanye aba atanga urugero rubi ku bana babo, ku bo babana mu rugo; ndetse no ku baturanyi babo. Iryo hohoterwa riri mu bituma abana bahunga iwabo bakajya ku mihanda; aho baba mu buzima bubi no kuhakorera ibyaha bitandukanye nko kunywa ibiyobyabwenge”.

Mukagatana yashimye Polisi y’u Rwanda ku bikorwa byayo; birimo kunga imiryango ibanye mu makimbirane, kurengera ibidukikije, kurwanya ibiyobyabwenge, inda zitateganyijwe mu rubyiruko, n’icuruzwa ry’abantu.

Mu butumwa bwe, Umuyobozi w’agashami gashinzwe iyubahirizwa ry’uburinganire muri Polisi y’u Rwanda, Superintendent of Police (SP) Pélagie Dusabe yababwiye ko umugabo cyangwa umugore uhoza ku nkeke uwo bashakanye, kumukubita cyangwa kumubuza uburenganzira ku mutungo aba amuhohotera; kandi ko bihanwa n’amategeko mu Rwanda.

Yagize ati:”Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ritera umutekano muke mu muryango; kandi bene uwo muryango  ntushobora gutera imbere kubera ubwumvikane buke buwurangwamo. Mufite rero inshingano zo guhindura imyumvire yose ishobora gutera iryo hohoterwa”.

SP Dusabe, yabasabye kandi gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge kuko biri mu bitera ababinyoye gukora ibyaha birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Yasoje abasaba gutanga amakuru y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuri nomero ya telefone itishyurwa 3512, cyangwa bakagana sitasiyo ya Polisi ibegereye.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5815 Posts

Politiki

4066 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

995 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga