• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Umukozi yakubise mugenzi we mu karere kugeza umwe ajyanywe kwa muganga

Umwanditsi
September 15, 2016

Muburyo butamenyerewe kandi butunguranye, umunyamategeko akaba n’ushinzwe umurimo wa Noteri hamwe n’ushinzwe ibikoresho mukarere barwanye umwe muribo isura irangizwa.

Kuri uyu wa Kane Taliki ya 15 Nzeli 2016, ahagana ku masaha ya saa saba na saa munani, umukozi ushinzwe imirimo ya Notariya akaba n’umunyamategeko w’akarere (Legal Advisor & Notary) yakubiswe n’umukozi ushinzwe ibikoresho mu karere ( Logistics Officer) amwangiza mu maso kugeza ajyanwe kwa muganga.

Iki gikorwa kigayitse cyo kurwana kubakozi babiri b’akarere bose b’abagore, cyabereye mubiro by’akarere aho bakorera, cyabaye bamwe mubakozi b’aka karere barebera nyamara bigera aho umwe akomeretsa undi ntawe ubatabaye ngo ababuze kurwana.

Intandaro y’uku kurwana hagati y’aba bakozi, ishingiye ku gucyocyorana( Gutongana) kwabanje hagati yaba bagore, ubwo ngo Noteri w’akarere yabwiraga mugenzi we ushinzwe ibikoresho ko akererwa kugera mu kazi n’aho aziye ngo akigira mu kunywa ibyayi hanyuma bakamushaka ngo abahe ibikoresho bakamubura.

Nyuma y’igihe gito barimo bacyocyorana ngo nibwo uyu mukozi witwa Umutoni Francine yafashe icyuma kibamo utwuma bafatanisha impapuro agikubita uyu witwa Nyiransengiyumva Adeline mu maso amadarubindi ye arameneka no mu maso arangirika ahita ajyanwa kubitaro bya Remera Rukoma.

Kugera ubwo twandikaga iyi nkuru aba bombi twagerageje kubashaka ngo bagire icyo batangariza intyoza.com ariko Umutoni we Telefone ntiyacagamo n’ubwo umunyamakuru yageraga aho imirwano yabereye yari kubiro by’umurenge wa Gacurabwenge ahakorera Polisi.

Nyiransengiyumva Adeline, ubwo twageragezaga kumushaka ku murongo we wa Telefone ngendanwa, yasonaga ariko ntiyitabe, amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com akavuga ko bishoboka ko yaba atameze neza kuburyo akiri kwa muganga ngo kuko yavuye amaraso menshi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga