• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Intumwa z’umuhuza mubiganiro by’abarundi zaganiriye n’abatavuga rumwe na Leta

Umwanditsi
September 25, 2016

Mu gihe hitegurwa isubukurwa ry’ibiganiro bihuza abarundi mu rwego rwo gushaka umuti w’ibibazo biriho, intumwa z’umuhuza muri ibi biganiro zashoje uruzinduko zarimo ziganira n’abatavugarumwe n’ubutegetsi bw’uburundi.

Itsinda ry’abantu batandatu b’intumwa z’umuhuza mu biganiro by’abarundi zari zoherejwe i Bujumbura mu Burundi, zashoje urugendo rw’akazi rwari rwazizanye ziganira n’abatavugarumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi buyobowe na Perezida Nkurunziza.

Benjamin William Mkapa, umuhuza w’ibiganiro bigamije gushakira amahoro abarundi, yohereje izi ntumwa muri iki gihugu ziganira n’abanyapolitiki batandukanye bari muburundi, ziganira kandi n’abayoboye amashyirahamwe atandukanye adaharanira imyanya y’ubutegetsi.

Nyuma yo kuganira n’aba banyepolitiki ndetse n’abayoboye amashyirahamwe atarwanira imyanya y’ubutegetsi mu Burundi, izi ntumwa zerekeje kuwazitumye kugira ngo zimushyikirize icyegeranyo cy’ibyavuye mu butumwa yazitumyemo.

Mu ruzinduko rw’icyumweru kimwe izi ntumwa zagiriye mu Burundi, zagenzwaga no kwereka abo bireba icyegeranyo cy’ibyavuye mu nama ya 27 y’abakuru b’ibihugu byo muri afurika y’uburasirazuba baheruka kugira yabereye Tanzaniya. Izi ntumwa kandi zaganiriye n’abategetsi b’uburundi, abatavugarumwe nabo mu rwego rwo gutegura ikindi gihe cy’ibiganiro.

Sibomana Tasiyano, Umuvugizi w’ishyaka rya UPRONA ritemewe n’ubutegetsi bw’u Burundi, akaba n’umwe mubaganiriye n’intumwa zoherejwe n’umuhuza, atangaza ko izi ntumwa bagiranye ibihe byiza by’ibiganiro, akaba yizeza ko igihe cy’ibiganiro bidaheza kigiye gutangazwa mugihe cya vuba.

Muri iyi nama ya 27 y’abakuru b’ibihugu bya Afurika y’uburasirazuba yabereye mu gihugu cya Tanzaniya, basabye umuhuza w’ibiganiro by’abarundi ko yafasha mu gushaka umuti w’ibibazo by’abarundi mu gihe kitarenze amezi atandatu. Gusa muri ibi biganiro, Petero Nkurunziza perezida w’Uburundi ntabwo yabyitabiriye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga