• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Abaregwa kurya amafaranga ya VUP baburanye mu mizi

Editor
October 21, 2015
Ifoto ababurana intyoza.com

Urubanza rw’abashinjwa kunyereza amafaranga ya VUP bo mu murenge wa Ngamba akarere ka Kamonyi rwatangiye mu mizi kuri uyu wa 20 ukwakira 2015 murukiko rwisumbuye rwa Muhanga.

Ababuranye kuri uyu munsi ni babiri aribo Egide Mazimpaka wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa ngamba hamwe na Thomas Kabanda wari ushinzwe VUP mu murenge ( VUP manager ) ariko Egide akaba ariwe wafashe hafi igihe cyose yiregura .

Egide ,ubushinjacyaha bumushinja gutegeka Thomas guha uwitwa siriveri amafaranga ya VUP atayagenewe , gufata amafaranga kuri konti ye ya sacco akayashyira kuya VUP kugirango yishyure ayo yafashe muri VUP , kugira uruhare mugushinga amatsinda no gusinya inyandiko z’inama zitabaho nibindi.

Ifoto ababurana intyoza.com
Ibumoso Egide, iburyo Thomas, hagati Ndayisaba Xavier umukozi ushinzwe inguzanyo SACCO

Abenshi mu baregwa muri uru rubanza rw’amafaranga ya VUP bagaragaye mu cyumba cy’iburanisha ariko ntabwo babashije kuburana kuri uyu munsi wambere w’iburanisha.

Egide yiregura avuga ko nta ruhare yagize mu gushinga amatsinda akavuga ko atigeze ategeka Thomas gutanga amafaranga ko ndetse ibyo kuvuga ko yafashe amafaranga ya VUP ntayo yigeze afata ndetse ko atazi uburyo amafaranga yakuwe kuri konti ye akajyanwa kuya VUP.

Nyuma yo kumenya ko konti ye yakuweho amafaranga abinyujije k’umwunganira mu mategeko, Egide yasabye umucungamutungo wa Sacco ya ngamba(gerant) kugarura ayo mafaranga nkuko tubibona mu ibaruwa intyoza.com yashoboye kubona kopi yayo.

Ifoto ibaruwa intyoza.com
Ibaruwa isaba kugarura amafranga kuri Konti ya Egide

Ubwo intyoza.com yegeraga umwunganizi wa Egide mu mategeko ngo agire icyo ayitangariza nyuma y’urubanza avoka Mbituyimana Jean de Dieu avuga ko ahereye kuko bireguye abona ko nta kimenyetso ubushinjacyaha bugaragaza ko ari amagambo n’imvugo z’abantu bashaka gushingiraho ngo ni ibimenyetso akavuga ko bagaragaje ko atari byo.

Avuga ku mafaranga umukiriya we ashinjwa , Mbituyimana agira ati

yaba abitwa ko bari bagize itsinda bavuga ko babwiwe na francois Xavier ntabwo bigeze babona mazimpaka Egide ,bivuga ngo birazwi ko mu Rwanda hari abiyitirira Kabarebe , abiyitirira Kagame bavuga yuko bafitanye isano kugirango bitwaze icyo kintu , hari n’abiyita ko ari abakozi b’inkiko kugirango babone indonke babyumvisha abantu bari hasi , ni ibintu bigaragara rero twabigaragaje twumva ari ntakibazo.

Share Article

Follow Me Written By

Editor

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga