• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
16/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
16/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye
16/10/25
Kamonyi-Kayenzi/GIMI: Barishimira ikorwa ry’Umuhanda wari umaze guhinduka nk’inzira

Itorwa rya Donald Trump rihangayikishije ubumwe bw’uburayi

Umwanditsi
November 12, 2016

Umuryango w’ubumwe w’ibihugu by’uburayi ugaragaza ko gutorwa kwa Donald Trump nka Perezida wa Amerika bishobora kubangamira imibanire ya Amerika n’uyu muryango.

Mu ijambo umuyobozi wa Komisiyo y’uburayi Jean Claude Juncker yavuze ku itorwa rya Donald Trump nk’ugomba kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika, yatangaje ko abona itorwa rya Trump rizabangamira imibanire isanzwe cyane ko ngo abona Trump atazi Isi ndetse bakaba bashobora kugira imyaka ibiri y’impfabusa.

Juncker, kuri uyu wa gatanu taliki ya 11 ugushyingo 2016 ari Luxembourg aganira n’urubyiruko rw’abanyeshuri ku hazaza h’uburayi, bamubajije niba abona itorwa rya Donald Trump nta mbogamizi rizagira ku mibanire ya Amerika n’uburayi. Juncker, yagaragaje ko itorwa rya Trump ari imbogamizi ku banyaburayi, ko ndetse abona ibikorwa byinshi byari bimaze kugerwaho mu mikoranire y’uyu muryango na Amerika bigiye gusubira inyuma.

Uretse ku kuvuga ku bikorwa byari bimaze gukorwa bigiye gusubira inyuma, Juncker yanatangaje ko Donald Trump n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi batavuga rumwe kubyerekeranye n’ikibazo cy’abimukira.

Donald Trump, mu gihe cyo kwiyamamaza kwe yatangaje ko naba Perezida wa Amerika azongera gutekereza cyane ku mibanire Leta zunze ubumwe za Amerika ifitanye n’umuryango wa OTAN, yanenze kandi Politiki y’abanyaburayi ku kibazo cyo kwakira abimukira.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5891 Posts

Politiki

4142 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga