• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyamagabe: Inyubako nshyashya serivise inoze kandi hafi

Umwanditsi
December 3, 2016

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Mugisha Philbert, atangaza ko kuba babonye inyubako nshya kandi igezweho y’akarere biruhuye abaturage, bizafasha ubuyobozi mu kumenya imikorere n’imitangire ya Serivise zihabwa umuturage binafashe ubuyobozi gukorera hamwe.

Akarere ka Nyamagabe kinjiye mu mubare w’uturere tugize intara y’amajyepfo tumaze kwiyubakira ibiro bishya bijyanye n’icyerekezo aho ndetse Serivise zose umutura akenera abasha kuzibonera mu nyubako imwe ibintu bitandukanye na mbere.

Nkuko bitangazwa n’ubuyobozi bw’aka karere, mbere y’uko inyubako itangira gukorerwamo ngo hari nyinshi muri Serivise umuturage yageragaho bimugoye kuko inyubako yakorerwagamo itabashaga gutangirwamo Serivise zose umuturage akenera. Uretse ibyo kandi ngo n’abakozi bari batatanye kubwo gukorera mu nyubako zitandukanye.

Ibiro bishya by'Akarere ka Nyamagabe.
Ibiro bishya by’Akarere ka Nyamagabe.

Mugisha Philbert, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe avuga ko mbere bamwe mu bakozi b’akarere bakoreraga mu nyubako zitandukanye bigatuma na Serivise umuturage akenera azibona bimugoye kuko ngo abakozi ntibari hamwe ku bw’inyubako yari ntoya idashobora gutangirwamo Serivise zose umuturage ugana akarere akenera.

Mugisha agira ati:” Iyi nyubako nshya izafasha kubonera Serivise ahantu hamwe, abakozi b’akarere bari hamwe. Mbere bamwe babaga bari aha abandi babaga bafite nk’icyumba kubiro by’akagari tugira hano bikorera mu biro bingana nk’umurenge. Hari abandi bari hakurya mu mujyi, abakozi bari ahantu hatandukanye kuburyo ukeneye kubona serivise byamusabaga ingendo yishyuye moto cyangwa imodoka. Bizagabanya umwanya n’ikiguzi abantu batangaga mu ngendo, natwe nk’abayobozi mu gukurikirana abakozi bose bari hamwe no kumenya imikorere n’imitangire ya Serivise biroroha”.

Mugisha Philbert, Umuyobozi w'Akarere ka Nyamagabe.
Mugisha Philbert, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe.

Mugisha philbert, akomeza avuga ko iyi nyubako yuzuye itwaye asaga Miliyoni 788 z’amafaranga y’u Rwanda. Akarere ntabwo karatahwa ku mugaragaro, gusa ngo serivise umuturage akenera zose ntazongera kuruha azishakira ahantu hatandukanye ahubwo ngo mu nyubako imwe niho azajya azisanga n’uwo ashaka ahamubone.

Akarere ka Nyamagabe gafite ubuso bwa Kilometero kare 1009, ni kamwe mu turere 8 tugize intara y’amajyepfo, aka karere kagizwe n’imirenge 17 utugari 92 hamwe n’imidugudu 536, gafite abaturage 341491 hakurikijwe ibyagaragajwe n’ibarura rusange ryakozwe mu mwaka wa 2012.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga