• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yongeye gukebura abamufasha mu buyobozi

Umwanditsi
December 11, 2016

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame akaba ari nawe Muyobozi mukuru (Chairman) w’umuryango RPF-Inkotanyi, mu nama ya Biro Politiki y’umuryango RPF yongeye gutunga agatoki abayobozi batubahiriza inshingano zabo mu gukorera abaturage ibyo babagomba.

Kuri iki cyumweru tariki ya 11 ukuboza 2016, mu nama ya biro Politiki y’umuryango RPF-Inkotanyi yabereye muri Kigali Convention Centre, Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari nawe Muyobozi mukuru (Chairman) w’Umuryango yongeye gusaba abayobozi guca bugufi bagakorera abaturage ibyo babagomba aho kumva ko bafite agaciro kurusha Igihugu.

Perezida Paul Kagame yagize ati:” Hari abayobozi bamwe basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’Igihugu bakwiye kuba bakorera, Nta muyobozi numwe uri hano warusha agaciro u Rwanda.  Akomeza agira ati; Kuki twemera gukora munsi y’ikigero cy’ibyo dufitiye ubushobozi? Ntabwo twakwemera gusubiza inyuma ibyo twagezeho”.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yibukije abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi impamvu y’ingenzi yatumye baterana; yagize ati:” Turi hano kugirango twubakire kubyo twagezeho tugene ingamba zidufasha gukomeza gutera imbere. Turi hano kugirango twibukiranye icyo RPF ibereyeho, cyatumye abantu batanga ubuzima bwabo, bamwe bakanabubura…Tugomba guhora twibaza, twisuzuma, tukareba aho tugeze tugamije kunoza ibitaranoga bituganisha aheza”.

Perezida Paul Kagame, yibukije abayobozi ko bidakwiye ko abaturage birirwa babiruka inyuma babasaba kubakorera ibyo babagomba. Yagize ati:” Abaturage dukorera ntabwo bakabaye birirwa batwiruka inyuma bashaka ibyo tubagomba kandi biri mu nshingano zacu. Umuntu utaratinye kwitangira Igihugu atanga ubuzima bwe ntabwo yakabaye atinya kubwiza mugenzi we ukuri kubyo akora nabi”.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga