• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Muhanga: Uruntu runtu mu itangwa ry’ibyemezo byo gukoresha cyangwa gutura mu nyubako

Umwanditsi
January 2, 2017

Icyemezo gitanga uburenganzira bwo gukoresha cyangwa gutura mu nyubako( Permis d’occupation) mu karere ka Muhanga gikomeje gutera urujijo abatari bake aho usanga abantu batuye cyangwa bakorera mu nzu zicyubakwa.

Gutura cyangwa gukorera mu nyubako ikirimo kubakwa ni ibintu bitemewe. Kugira ngo wemererwe gutura cyangwa gukorera mu nyubako hari igenzura ubanza gukorerwa n’abakozi babishinzwe hakarebwa niba ibyo wasabwe gukora mu gihe wahabwaga icyangombwa cyo kubaka warabikoze nkuko wabisabye cyangwa se wabyiyemeje. Igiteye urujijo n’impungenge ni uburyo usanga ibi bitubahirizwa kandi ubuyobozi bubizi ko bihari.

Iyi nzu iri k’umuhanda mukuru wa kaburimbo mu mujyi wa Muhanga nyamara ituwemo.

Ku kibazo cy’amazu amwe usanga mu karere ka Muhanga akorerwamo kandi bigaragara ko akirimo kubakwa, ubuyobozi bw’Akarere ntabwo buhakana ko ikibazo butakizi, buvuga ko ngo bufite ikibazo cy’abakozi bakeya bityo bigatuma igenzura ridakorwa ariko kandi ngo bigiye kwitabwaho n’abakorera mu nyubako zitarangiye bahanwe.

Bimwe mu bice bigaragara by’amazu atuzuye kandi akorerwamo mu mujyi wa Muhanga.

Uwamariya Beatrice, Umuyobozi w’akarere ka Muhanga ubwo yasabaga ushinzwe One Stop Center kugira icyo avuga ku nyubako zitujuje ibyangombwa byo gukorerwamo ubwo ubu buyobozi bwari mu kiganiro n’itangazamakuru, yagize ati:”Dufite umukozi umwe ukora akazi k’abantu bane, ariko kandi tunagira ikibazo cy’uko abantu benshi batazisaba(Permis d’Occupation) ugasanga amafaranga abashiriyeho batararangiza, tubona abazisaba ni bake, ahubwo turi gufata ingamba kugira ngo tuze duhagarika ko bayajyamo, bakayajyamo ari uko twabahaye icyangombwa cyo kuyajyamo( Permis d’Occupation).

Akomeza avuga ko ubundi kugira ngo ajye mu nyubako bisaba ko habanza gukorwa igenzura ubuyobozi bukareba ko yubahirije ibyo yasabwe mu gihe yahabwaga icyangombwa cyo kubaka, akomeza agira ati:” Tugiye gukora igenzura n’abayarimo tubahane, hari n’ibihano biba biteganywa kujya mu nzu itarangiye”.

Iyi nzu, urebeye imbere ahakorerwa ntiwakwiyumvisha uburyo inyuma iri mu nyubako.

Uwamariya Beatrice, umuyobozi w’akarere ka Muhanga yijeje ko iki kibazo kiri mu nzira zo gukemuka ashingiye ku kuba ngo bamaze kubona abakozi babishinzwe kandi babyemererwa n’itegeko. Avuga ko nibinaba ngombwa ko bongerera iyi serivise abakozi bazasaba njyanama y’akarere kubifataho umwanzuro. Umuyobozi w’akarere kandi nawe yemera ko ikibazo cy’abakorera mu nyubako zitarangiye akizi ndetse ajya abibona ariko akavuga ko umuntu umwe atagenda ngo abikore wenyine.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga