• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ingabo za Leta y’u Burundi zatangiye gutahuka ziva Muri Somaliya

Umwanditsi
January 17, 2017

Ukutumvikana hagati ya Leta y’u Burundi n’Umuryango w’ubumwe bw’iburayi gushingiye ku hagomba kunyuzwa imishahara y’ingabo z’u Burundi ziri muri AMISOM kwateye Leta y’u Burundi kwivumbura bucyura ingabo zabwo.

Amezi amaze kwihirika ari menshi ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya-AMISOM zitabona umushahara wazo, ibi byatumye Leta y’u Burundi yivumbura ifata icyemezo cyo gutahukana ingabo zayo.

Icyemezo cyo gutahukana izi ngabo zikava mu butumwa bwa AMISOM nkuko tubikesha ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa AFP ngo kije nyuma y’uko umuryango w’ubumwe bw’uburayi usanzwe wishyura imishahara y’izi ngabo wanze kunyuza amafaranga kuri konte z’uburundi ngo kubera ibibazo bya Politiki byanatumye ubufatira ibihano.

Mu gihe Leta y’u Burundi ishinja umuryango w’ubumwe bw’uburayi kwanga kwishyura imishahara y’izi ngabo zabwo ziri muri AMISOM, Ubumwe bw’uburayi bwo ntabwo bubikozwa kuko buvuga ko budashobora kunyuza aya mafaranga kuri Konti za Leta nkuko byari bisanzwe ahubwo ugashaka kuyanyuza kuri Konti ya buri musirikare ariko Leta y’u Burundi nayo ikabyanga.

Perezida Petero Nkurunziza uyoboye Leta y’u Burundi, yategetse Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ndetse na Minisitiri w’Ingabo gutangira gucyura izi ngabo nyuma y’uko kumvikana n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi binaniranye.

Ingabo za Leta y’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya-AMISOM ni ibihumbi 5400 bingana na ¼ cy’ingabo zose ziriyo. Gahunda yo gutahukana izi ngabo yatangiye, ije nyuma y’aho Leta y’u Burundi itangarije ko ingabo zabo zidashobora gukomeza gukora zidahembwa kandi no kumvikana bikaba byarananiranye.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga