• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyamagabe: Barinubira gufungirwa umuhanda ntibasigirwe n’agace ko kunyuramo

Umwanditsi
January 24, 2017

Abatuye n’abagenda mu isantere y’ubucuruzi ya Gasarenda ariko cyane abakoresha ibinyabiziga bakomeje kwinubira ifungwa ry’umuhanda hirengagijwe kuba basigirwa inzira banyuramo.

Abakoresha umuhanda uca rwagati mu isantere y’ubucuruzi ya Gasarenda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga, barinubira kudasigirwa igice babasha ku nyuramo mu gihe uyu muhanda urimo ukorwa ibintu babona bisa no kubahima.

Bamwe mu baganiriye n’intyoza.com muri iyi Santere y’ubucuruzi batashatse ko amazina yabo atangazwa, bemera ko ikorwa ry’uyu muhanda ari igikorwa cyiza, gusa bakinubira ukubangamirwa n’abakora uyu muhanda aho ngo bamena umucanga mu muhanda bagakora ibirundo habe ngo no gusiga ku ruhande inzira ibinyabiziga byanyura mo kandi ariwo mu handa wonyine bakoresha banyura muri iyi Santere.

Uretse kwinubira kudasigirwa inzira yo gucamo, abagenda muri iyi Santere bo batagaza ko bitumvikana uburyo abantu bafunga umuhanda urimo ukorwa ntibashyireho ibyapa bibigaragaza ugata umuhanda wa kaburimbo utangiye uwo barimo bakora ukaza kumenya ko nta nzira ihari ugeze muri metero zisaga 200 aharunze ibirundo by’umucanga no gusubira inyuma bitakikoroheye.

Mugisha Philbert, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe ku murongo wa Telefone ngendanwa yabwiye intyoza.com ko abakoresha uyu muhanda bari babizi ko ukorwa kuko ngo bari barasabye ikorwa ryawo. Avuga ko ikibazo cyaba ku muntu wahaza atarasanzwe azi ko bihari ariko ngo iyo ahageze arabibona ko umuhanda urimo ukorwa.

Mugisha, avuga ko imiterere y’uyu muhanda bigoye kuba hashyirwa indi nzira ku ruhande ngo kuko hafunganye, avuga ko icyo nk’akarere bazakora ari ukongera gukoresha inama abaturage kugira ngo uwaba adafite amakuru y’uburyo harimo gukorwa muri buriya buryo abibwirwe uretse ko ngo byari byakozwe.

Uyu muhanda ufite uburebure bwa metero 700 uzubakishwa amabuye. Biteganijwe ko uzaba wuzuye mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2017 nkuko Mugisha Philbert umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yabitangarije intyoza.com. Avuga kandi ko nubwo kunyura muri uyu muhanda bidashoboka ku batwara ibinyabiziga ngo nk’abajya mu bice bindi hari imihanda bakoresha aho nk’abagana Mushubi no muri izo nzira bakoresha umuhanda wo mugakoma. Gusa ikibazo kigaruka kubari bazi ko banyura mu Gasarenda kuko bagerayo bikabasaba gusubira inyuma, urugendo rutari ruto kuko nta byapa bihari bibayobora cyane kubadasanzwe bazi ikorwa ry’uyu muhanda cyangwa se ngo babe bazi izindi nzira.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga