• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Imibonano mpuzabitsina, umwe mu bagore icumi ayikora ababara

Umwanditsi
January 26, 2017

Abagore bagera ku 7000 bari hagati y’imyaka 16 na 74 y’amavuko bakora kenshi imibonano mpuzabitsina, bakoreweho ubushakashatsi n’ikigo An International Journal of Obstetrics and Gynaecology bagaragaza ko umwe ku icumi ababara mugihe hakorwa iki gikorwa.

Imibonano mpuzabitsina ni igikorwa gikorwa n’abantu babiri badahuje igitsina(Gabo na Gore), ntawe uyikora ashaka kubabara kuko buri wese aba agamije gushimisha mugenziwe, nubwo bimeze bitya umugore umwe mu icumi ngo muri iki gikorwa arahababarira.

Byagaragajwe n’ubushakashatsi ko abagore bari mu myaka hejuru ya 50 hamwe n’abacyuzuza imyaka 60 aribo bakunze guhura n’iki kibazo cyo kubabara mu gihe bakora imibonano mpuzabitsina hanyuma bagakurikirwa n’abafite hagati ya 16-24.

Mu gihe umugore agaragaje iki kibazo cyo kubabara akora imibonano mpuzabitsina, abaganga batangaje ko hari imiti mu gihe basabye inama, ikibazo gusa ngo ni uko babiceceka bakabifata nk’ibitagomba kuvugwa nkuko ubushakashatsi bwabigaragaje.

Uyu mubabaro ujyanye no gukora imibonano mpuzabitsina ngo ujyana n’ibindi bibazo bishingiye ku gitsina nkuko BBC dukesha iyi nkuru ikomeza ibivuga. Bimwe muri ibi bibazo ngo ni nko kubura amazi mu gitsina, kuba ufite ibintu bigutunguye mu gihe cy’imibonano hamwe no kutishimira icyo gikorwa.

Uretse ibi kandi ngo hari n’ibindi bibazo bitandukanye bishobora guterwa n’umubiri w’umuntu cyangwa se mu mutwe bishobora kuba intandaro yo kubabara mu gihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina. Ibi ngo bitera bamwe mu bagore n’abakobwa gutinya gukora imibonano mpuzabitsina kubwo gutinya kubabara.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga