• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Imikwabu yakozwe hirya no hino mu gihugu yafatiwemo ibiyobyabwenge na magendu

Umwanditsi
February 13, 2017

Imikwabu Polisi y’u Rwanda yakoze mu mpera z’icyumweru gishize mu turere twa Huye, Kirehe, Gicumbi na Nyanza yayifatiyemo ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye na magendu.

Uwitwa Ntirenganya Jean Claude yafatiwe mu murenge wa Gahara, ho muri Kirehe afite magendu y’amakarito 16 n’amacupa 12 bya Novida.

Muri Gicumbi hafatiwe Niyigena Emmanuel na Ntireganya Jean Baptiste bafite amakarito 16 ya Chief Warage. Bafatiwe mu murenge wa Bwisige.

Uwarurama Emmanuel yaguwe gitumo mu murenge wa Mukingo, ho mu karere ka Nyanza arimo guteka Kanyanga. Yafatanywe litiro 500 za Muriture, litiro eshanu za Kanyanga, n’ingunguru ebyiri yakoreshaga mu kuyiteka. Na none uwitwa Sembeba Joseph yafatanywe litiro 100 za Muriture.

Mu karere ka Huye hafatiwe Ngenzo Fulgence na Habineza Faustin bafite udupfunyika 34 tw’urumogi. Aba bombi bafatiwe mu murenge wa Ngoma. Mu murenge wa Gishamvu, mu rugo rwa Bendo Emmanuel hafatiwe litiro 240 za Muriture; mu gihe mu nzu ya Hahirwabitonda hafatiwe litiro 230 za Muriture. Aba bombi baracyashakishwa kubera ko batari mu ngo zabo ubwo Polisi yafaraga ibi biyobyabwenge.

Izi litiro za Muriture zisaga 1000 zikimara gufatwa, zahise zangizwa. Ibikorwa byo kuzangiza byabanjirijwe no gusobanurira abaturage ububi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka zo kubyishoramo.

Mu kiganiro yagiranye n’abatuye umurenge wa Ngoma (Huye), Umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, Chief Inspector of Police (CIP) Protais Rwiyemaho yababwiye ati:”Igihe cyose dufashe inzoga zitemewe ndetse n’ikindi kinyobwa kitemewe gucuruzwa mu Rwanda tubijyana mu isuzumiro, twasanga birengeje igipimo (Methanol) cya 0.5; kigafatwa nk’ikiyobyabwenge. Duhita dukorera dosiye uwabifatanywe, tukayishyikiriza Ubushinjacyaha.”

Yababwiye kandi ati:” Ibiyobyabwenge ubwabyo birisobanuye. Biyobya ubwenge bw’umuntu wabinyoye; hanyuma akora ibyo atatekerejeho kuko nta bwenge aba afite.”

Rwiyemaho yongeyeho ko kubyishoramo bitera ubukene, kubera ko iyo bifashwe birangizwa; uwo babifatanye agafungwa, kandi agacibwa ihazabu.

Yasoje ubutumwa bwe abasaba kutishora mu biyobyabwenge, no kugira uruhare mu kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ryabyo; batanga amakuru atuma ababikora bafatwa.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga