• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gasabo: V/Mayor Mberabahizi mu karere ati” ukuvugira yabanje akivana kuyo aneye koko”

Umwanditsi
February 20, 2017

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, aganiraga n’abaturage b’i Rutunga, yakoresheje imvugo ikarishye yibasira bamwe mu banyamakuru avuga ko batabasha “kwikura kuyo baneye”.

Raymond Mberabahizi, umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu mvugo yahuranije ubwo yaganiraga n’abaturage b’i Rutunga, mubyo yabasabye harimo no kwirinda abanyamakuru ngo badashobora kwikura kuyo baneye.

Iyi mvugo yo kwita abanyamakuru abashukanyi n’abatabasha kwikura kuyo baneye, uyu muyobozi yayikoresheje imbere y’abaturage, agira ati:” Kimwe na babandi njya numva birirwa ahangaha babashuka ngo bakora mu maradiyo ngo bazabavugira, umuntu arabavugira, umuntu ukuvugira kurenza umuyobozi w’umudugudu watoye ni inde, umuntu ukuvugira kurenza umuyobozi w’inama njyanama mwatoye ni inde, umuntu ukuvugira kurenza ubuyobozi bw’umurenge ni inde ko aribo bahawe ubwo bubasha, abandi bakaza bakabashuka ngo barabavugira ngo mukabaha 2000 ese ubundi ubwo umuntu waka 2000 yavugira umuntu yabanje we akivugira akivana kuyo aneye koko.”

Mu gihe aba baturage ngo hari umuntu wabatwaye amafaranga atari make bakusanyaga ngo bazahabwe umuriro, mu magambo yavuzwe n’uyu muyobozi imbere y’abaturage yerekanye ko uwayatwaye ari umuntu w’umugabo. Yagize ati:” Nangwa n’uriya wabatse, harya yabatwaye Miliyoni zingahe? Buriya uriya ni umuntu w’umugabo yamenya no kwivugira n’ahandi.”

Raymond Mberabahizi, umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu ku murongo wa terefone ngendanwa ahagana saa tatu n’iminota 17 twamuvigishije, tumaze kumubwira icyo tumushakira avuga ko ari mu nama ko aduhamagara saa tanu ariko zigeze ntiyabikora. Twongeye ku muhamagara saa tanu n’iminota 18 ntiyitaba nyuma tumuha ubutumwa bugufi tumwibutsa ariko nabwo ntabwo yabusubije. twongeye kandi ku muhamagara saa saba n’iminota 30 nabwo ntiyafata terefone, twagerageje kongera kumuha ubundi butumwa ntiyabusubiza. Mu gihe azaba ashaka kuvugisha intyoza.com amarembo aruguruye.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga