• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi rurishimira ibyo rugezeho

Umwanditsi
February 27, 2017

Mu nteko rusange y’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi mu karere ka Kamonyi, abagore barashima intambwe imaze kugerwaho mu guteza umugore imbere, basanga kandi hari byinshi bagomba kugeraho mu gihe kiri imbere.

Inteko rusange y’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi mu karere ka kamonyi yateranye kuri iki cyumweru tariki ya 26 Gashyantare 2017, Abagore bamurikiwe ibyo bamaze kugeraho, ibyo bateganya ariko kandi bishimira by’umwihariko intambwe umugore agezeho mu kwiteza imbere hamwe n’uruhare agaragaza mu kubaka umuryango n’Igihugu.

Bimwe mu bikorwa by’ingenzi byishimirwa n’uru rugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi byakozwe mu mwaka ushize wa 2016 ni nko; kuba barizihije iminsi mikuru y’abagore kandi bakayitabira neza, imbaraga zashyizwe mu kwitabira umugoroba w’ababyeyi, hahuguwe abagize komite z’umugoroba w’ababyeyi harimo abagore 852 n’abagabo 579, harahijwe abanyamuryango bashya 65, hakozwe ibiganiro n’inama zitandukanye zigamije kurwanya ihohoterwa, hashimwa uruhare bagaragaje mu gutoza ibyiciro by’intore bitandukanye, hakozwe ubukangurambaga bwatumye abagore bibumbira mu matsinda 128 y’intambwe yo kwiteza imbere no gukorana n’ibigo by’imari, abagore 50 bari mu makoperative 7 mu mirenge itandukanye bahuguwe ku ikoranabuhanga  bahabwa mudasobwa 7 zo gukoresha.

Umuyobozi w’umuryango FPR Inkotanyi mu karere ka Kamonyi atangiza inteko rusange y’urugaga rw’abagore.

Aba bagore bashima ko kandi bakanguriwe gukora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi aho ubu harimo abari mu buhinzi bw’urutoki n’abakora ubworozi bw’amatungo magufi atandukanye ndetse n’ubworozi bw’amatungo maremare. Abagore bagera ku bihumbi 30 bibumbiye mu makoperative 204, abagore ibihumbi 2821 batazi gusoma no kwandika bagannye amasomero, barishimira kandi ko bafite ikipe y’abagore y’umupira w’amaguru muri imwe mu mirenge aho banifuza ko byakorwa muri buri murenge.

Ibikorwa byakozwe n’uru rugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi ni byinshi cyane, ibyo bagamije nabyo ni byinshi birimo; Kugira uruhare rugaragara mu gukomeza kubaka umuryango wimakaza umuco w’amahoro ushingiye ku ndangagaciro na kirazira, Kunoza imikorere y’umugoroba w’ababyeyi, guteza imbere imirire myiza mu muryango, kubaka umuco w’isuku imibereho myiza mu muryango, kurwanya guta ishuri kw’abana, kurwanya ubuzererezi, Gutwita kw’abangavu, imirimo mibi ikoreshwa abana ndetse n’icuruzwa ry’abantu, kurwanya ubukene mu miryango hatozwa abawugize kwitabira umurimo, hari umuhigo kandi wo kwinjiza abagore b’abanyamuryango bashya 1000 bitarenze Werurwe 2017, Hari ukwitegura amatora ya Perezida wa Repubulika n’ibindi bikorwa byinshi bateganya.

Ibiganiro byatangiwe muri iyi nteko rusange y’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi mu karere ka kamonyi, byibanze ahanini ku bikorwa biteza imbere umugore n’iterambere ry’umuryango muri rusange, haganirwa ku gukangurira umugore kumenya guharanira uburenganzira bwe, kwita ku muryango, kurwanya ihohoterwa, kwiteza imbere aharanira kubaka umuryango w’Agaciro.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga