• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Abakora Imibonano mpuzabitsina babihuje, abakora umurimo w’uburaya ntibakwiye akato

Umwanditsi
March 21, 2017

Umuryango nyarwanda ufasha mu kurwanya SIDA n’izindi ndwara z’ibyorezo ANSP+ uvuga ko akato n’ihezwa bigirirwa abakora imibonano mpuzabitsina babihuje n’abakora umurimo w’uburaya bigomba gucika.

Mukasekuru Deborah, umuhuzabikorwa w’umuryango Nyarwanda ufasha mu kurwanya SIDA n’izindi ndwara z’ibyorezo ANSP+ mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru intyoza.com yatangaje ko akato n’ihezwa bigirirwa abakora imibonano mpuzabitsina babihuje kimwe n’abakora umurimo w’uburaya ari ibintu bigomba gucika.

Mukasekuru, avuga ko mu mashyirahamwe asaga 160 agize umuryango ANSP+ aho yiganjemo ay’abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, abakora imibonano mpuzabitsina babihuje n’abakene, basaba ko uburenganzira bwabo bwubahirizwa akato n’ihezwa bagirirwa bigahagarara.

Gukumira ubwandu bushya bw’agakoko gatera SIDA, kurwanya SIDA n’izindi ndwara z’ibyuririzi muri rusanjye ngo ntabwo byabangikana n’akato n’ihezwa. Kugira ngo bisange mu muryango kandi bumve batekanye bisaba ko bakirwa, ihezwa n’akato bigacika. Iri hezwa n’akato ngo biracyagaragara cyane haba muri serivise zo kwa muganga no mu muryango muri rusanjye.

Mukasekuru agira ati:” Ihezwa n’akato bigomba gucika, abakora imibonano mpuzabitsina babihuje barahari kandi nabo ni abanyarwanda ni bagenzi bacu, ni barumuna bacu, ni bashiki bacu ni basaza bacu. Kubumva no kubafasha kwiyakira nibyo byonyine byarushaho kwerekana ko tubafata nk’abantu, tubaha agaciro kuko ni abantu kandi ni abacu.”

Abakora imibonano mpuzabitsina babihuje, abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu mashyirahamwe bibumbiyemo atandukanye agize ANSP+ ngo bamaze kwiteza imbere babifashijwemo na gahunda zitandukanye za Leta, abaterankunga nka Global Fund ndetse no mu mbaraga zabo bwite mu bikorwa bitandukanye bakora bagamije kwiteza imbere.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga