• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi-Army Week: Abaturage barashima ko bafite ingabo zitari nk’izo babonaga bagahunga

Umwanditsi
May 4, 2017

Mu cyumweru cy’Ingabo-Army week cyatangijwe none tariki 4 Gicurasi 2017 mu gihugu hose, mu karere ka Kamonyi ingabo zifatanije n’abaturage guhinga igishanga gifite ubuso bwa Hegitali 83 zizaterwamo imboga n’ibishyimbo, abaturage bati Ingabo ni izi.

Abaturage bishimiye bikomeye Ingabo z’igihugu, bishimiye kubona zirambika imbunda hasi zikaza mu mwenda wazo uziranga wa gisirikare zigafata isuka zigafatanya n’abaturage guhinga igishanga cya Gikoro gihuza imirenge, uwa Gacurabwenge, Rukoma na Karama, bamwe bati:”cyera twabonaga ingabo tugahunda none izi ahubwo ziraza zikadufasha ubuhinge, zigafata amasuka mu mwenda wazo, ntizitinya urwondo.”

Sirivesitiri Gakeri, umuturage w’imyaka 85 y’amavuko wari waje yishimiye gufatanya n’ingabo z’u Rwanda ibintu avuga ko nta handi yabibonye mu myaka amaze, agira ati:” Mu myaka 85 y’amavuko maze muri iki gihugu nibwo bwa mbere ingabo z’igihugu ziza ku twigisha, kudufasha guhinga kijyambere, ziduhaye umugisha mwinshi wo kuzabona umusaruro uremereye, biduha kwizerana no gufatanya kugeza iherezo.”

Gakeri w’imyaka 85 y’amavuko ati;  izi ngabo nta handi wazisanga ku Isi.

Gakeri, akomeza avuga ko bitari byarigeze bibaho ko abona ingabo zifatanya n’abaturage mu bikorwa nk’ibyo izi zirimo kubakorera, agira ati:” Umusirikare twaramutinyaga ahubwo tukihisha, ariko ubu ngubu iyo batugeze iruhande, baradusuhuza natwe tukabasuhuza, turasabana, baduha amahoro kandi ntabwo batwihisha bityo bigatuma tutabatinya, twumva tubafitiye icyizere kuko umusirikare iyo tumufite aho turi hose twumva twishimye. Abubu ubona ari abana barezwe neza, abacyera bari bameze nk’inyamanswa kuko n’ababigishaga ntabwo babigishaga bya gipfura ngo bagire imyitwarire myiza, babashyiraga mu bwihisho abaturage ntibababone.”

Ingabo z’u Rwanda, zerekanye ko atari imbunda gusa zizi gufata ko ahubwo n’isuka ntawe upfa gukurikira.

Cpt Rugamba, waje ahagarariye ingabo mu karere zaje kwifatanya n’abaturage muri iki gikorwa cyo gutangiza Army Week, yabwiye abaturage ko icyumweru cy’Ingabo ari umwanya ingabo z’Igihugu zimanuka zikaza gufatanya ibikorwa bitandukanye n’abaturage ariko kandi ngo ntabwo binabuza akazi kabo gasanzwe gukomeza.

Yagize ati:” Nyuma yo guharanira amahoro, tumaze kuyageraho asesuye turi kumwe namwe, byabaye ngombwa ko tumanuka tukavuga tuti Igihugu kirarinzwe, kimeze neza, abaturage bagomba kugira iterambere tukarifatanya, niyo mpamvu twaje gufatanya namwe, igihugu kigomba kwihuta, turimo kwihutisha iterambere.” Akomeza avuga ko Igihugu gifite amahoro, ko hari imbaraga ndetse n’ubushake, ko rero igisigaye ari ugukora.

Nyuma yo guhinga hamwe n’ibiganiro hatangizwa Army week, Ingabo n’abaturage bacinye akadiho.

Udahemuka Aimable, umuyobozi w’akarere ka kamonyi avuga ko iki gishanga cya Gikoro ku buso bwacyo bwa Hegitari 83 bagiteguriye ahanini kugihingamo imboga nubwo hari ahahise haterwa ibishyimbo, avuga ko cyari kivuyemo ibigori, avuga kandi ko atari ugutangiza gusa icyumweru cya Army week ngo birangire, ahubwo ngo bazakomeza gukurikirana kugeza imyaka izagihingwamo yeze aho mu kwezi kwa cyenda biteganijwe ko kizongera guhingwamo ibigori.

Udahemuka, avuga ko guhitamo iki gishanga byaturutse ku bufatanye bw’abakozi ba minisiteri y’ingabo n’abakozi b’akarere nyuma yo kubona ingano yacyo, kuko ari igishanga gitanga umusaruro ku baturage b’imirenge itatu, avuga kandi ko bagihisemo kuko ari igishanga kigira impinduka ku mibereho y’abaturage benshi. Iki gishanga, iyo cyeze ibigori neza ngo ntikibura Toni 260 mu isarura. Icyumweru cy’Ingabo-Army week giteganijwe kuzasozwa mu kwezi kwa Nyakanga 2017.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga