• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

ADEPR: Aho bucyera abayobozi bakuru bayo barashirira muburoko bazira umutungo w’itorero

Umwanditsi
May 5, 2017

Nyuma y’abayoboke ba ADEPR ndetse bakaba n’abakozi bayo batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda aho bakurikiranyweho ibijyanye n’umutungo w’iri torero, umuvugizi waryo wungirije akaba anashinzwe ubuzima bw’itorero ari mu maboko ya Polisi.

Bishop Tom Rwagasana, umuvugizi wungirije w’itorero rya ADEPR akaba anashinzwe ubuzima bw’itorero yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda aho aje ari uwa kane mu bayobozi b’iri torero utawe muri yombi, bose bakurikiranyweho ibijyanye n’inyerezwa n’ikoreshwa nabi ry’umutungo w’itorero.

ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ahamya amakuru y’itabwa muri yombi rya Bishop Tom Rwagasana. Avuga ko ku muta muri yombi ari mu buryo bwo kugira ngo akurikiranweho icyaha cy’inyerezwa n’ikoreshwa nabi  ry’umutungo w’iri torero ko kandi iperereza rikomeje.

Bishop Tom Rwagasana, atawe muri yombi nyuma ya batatu bari bafashwe na Polisi barimo; Mutuyemariya Christine wari umwe mubagize komite nyobozi y’itorero ADEPR akaba yari anashinzwe ubukungu n’Imari, hari kandi Pasiteri Eng. Theophile Sindayigaya ushinzwe ibijyanye n’inyubako mu itorero ADEPR ndetse na na Valens Gasana ushinzwe icungamutungo.

Amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko ikurikiranwa ry’aba bayobozi batandukanye b’itorero rya ADEPR rigikomeje kuko ibikorwa by’inyerezwa n’ikoreshwa nabi ry’umutungo waryo rigifite abandi bataratabwa muri yombi. Ingano y’umutungo wanyerejwe cyangwa wacunzwe nabi ntabwo Polisi irawumenya nkuko yabitangaje.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga