• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/11/25
Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa‘Muriture’ n’abakekwaho ibindi byaha
06/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
06/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
06/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws

Emmanuel Macron watsinze amatora y’umukuru w’igihugu mu Bufaransa yarahiye

Umwanditsi
May 14, 2017

Macron w’imyaka 39 y’amavuko akaba umukuru w’igihugu muto uyoboye u Bufaransa nyuma yo gutsinda amatora ku majwi 66 yarahiriye ku mugaragaro manda ye ya mbere agiye kuyobora.

Emmanuel Macron, niwe mukuru w’Igihugu w’ubufaransa muto ubayeho nyuma ya Napoleon Bonaparte wayoboye iki gihugu hafi imyaka 200 ishize, yarahiriye kuyobora ubufaransa ndetse nyuma yo kurahira aherekeza mugenzi we Francois Hollande ucyuye igihe amukura mu ngoro y’umukuru w’Igihugu.

Perezida Macron, asimbuye Francois Hollande utarigeze agira ubushacye bwo kwiyamamariza indi manda kandi itegeko nshinga ry’iki gihugu ryabimwemereraga. Muri aya matora, Macron yatsinze mugenzi we Marine Le pen bari bahanganye.

Macron, aherekeje Francois Hollande ucyuye igihe amukura mu ngoro y’umukuru w’Igihugu.

Nyuma yo kurahirira kuba Perezida w’iki gihugu, Emmanuel Macron abaturage b’ubufaransa bamwifuzaho ko yabafasha gukemura bimwe mu bibazo bibabangamiye birimo; kubona imirimo, umutekano ndetse no kubonera umuti ibibazo by’abimukira n’ibindi.

Perezida Macron, mu ijambo rye yavuze ko afite umugambi wo gutuma Abafaransa bongera kwigirira icyizere muri bo n’icyizere cy’ejo hazaza heza, ko agiye guharanira kunga Abafaransa nyuma y’amatora yagaragayemo ibisa nko gucanamo.

Perezida macron ,n’umugore we Brigitte Trogneux

Kuri uyu wa mbere nkuko tubikesha ijwi rya Amerika, nibwo byitezwe ko Perezida Emmanuel Macron akora uruzinduko rwe rwa mbere yerekeza mu Budage mu biganiro na mugenzi we Angela Merkel.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5907 Posts

Politiki

4158 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1029 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga