• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
22/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
22/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET
22/10/25
Kamonyi-Mugina: Inteko rusange y’abahoze ari Abarobyi bakaza guhinduka abahinzi b’Umuceri yasojwe habura Ingumi

Diane Rwigara ati “Mpanganye n’abagabo batazi guhangana kigabo”

Umwanditsi
June 1, 2017

Diane Rwigara, umwe mubakomeje kugaragaza ko bashaka guhatanira kuyobora u Rwanda binyuze mu matora ateganijwe muri Kanama 2017 akaba n’umwe rukumbi w’igitsina gore mu babitangaje aho ari no gushaka abamusinyira ngo yuzuze ibyo asabwa na Komisiyo y’Igihugu y’amatora, yatangaje ko ahanganye k’urugamba n’abagabo batazi guhangana kigabo.

Mu magambo asa n’akakaye, Diane Rwigara wifuza kuba mubazahatanira kuyobora u Rwanda mu gihe yazaba yujuje ibisabwa ndetse akabyemererwa na Komisiyo y’igihugu y’amatora, mu kiganiro yahaye itangazamakuru kuri uyu wa kane tariki 1 Kamena 2017 yavuze ashize amanga ko nta soni afite zo gukwirakwiza ukuri mu gihe hari abashishikajwe no gukwiza ikinyoma bamusebya, ko ndetse ahanganye n’abagabo batazi guhangana kigabo.

Diane, yikomye cyane abo avuga ko ari abagabo ariko ngo bakaba batazi kurwana urugamba kigabo. Ni nyuma yo kuvuga ku kibazo cy’amafoto we ahamya ko yamwitiriwe, yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, yahamije ko ari amafoto mahimbano yakwirakwijwe hagamije kumuharabika.

Yatangaje ko nyuma y’aho mu kwezi kwa Gicurasi gushize 2017 atangarije ku mugaragaro ko aziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganijwe kuba mu kwezi kwa munani, ndetse agatangaza imigabo n’imigambi yahisemo ashingiye ku bibazo biri mu Rwanda, ngo hari abatangiye kumurwanya babinyujije mu nzira zitandukanye.

Agira ati:” Ugaragaje ibibazo biri muri iki gihugu niwe uhinduka ikibazo, nyuma y’amasaha 48 mbitangaje, aho kuvuguruza ibyavuzwe, bahisemo kunsebya bifashishije imbuga nkoranyambaga, ibitangazamakuru bimwe na bimwe bikorera mu kwaha kwa Leta, ama emails, bakwirakwiza amafoto mpimbano batekenitse.”

Kuri aya magambo yumvikanaga mo ubukana, Diane yongeyeho ati:” Niba nta soni bagira zo gukwirakwiza ikinyoma, nta soni nzagira zo gukwirakwiza ukuri.”

Diane, atangaza ko urugamba ariho rw’ibitekerezo atagomba kurutsindwa, ko ndetse nta ntege yaciwe n’amafoto yakwirakwijwe n’abatamwifuriza ibyiza, agira ati:” Mpanganye n’abantu bafite politiki iciriritse yo gusebanya no guharabika, abantu bitwa ko ari abayobozi, bitwako ari abagabo ariko batazi guhangana kigabo, niyo mpamvu nsaba abafite ibitekerezo byiza byubaka n’abakeneye impinduka gukomeza kunshyigikira.”

Diane Rwigara, ni umukobwa w’imyaka 35 y’amavuko wa nyakwigendera Rwigara Assinapol waguye mu mpanuka y’imodoka yabaye muri Gashyantare umwaka wa 2015. Amatora y’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda ateganijwe muri kanama tariki ya 3 n’iya 4 uyu mwaka wa 2017.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5896 Posts

Politiki

4147 Posts

Ubuhinzi

149 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga