• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Ubwegure bwa Meya Udahemuka bwahawe umugisha, menya ibyo utamenye

Umwanditsi
June 25, 2017

Inama njyanama y’akarere ka Kamonyi yateranye kuri iki cyukweru tariki 25 Kamena 2017 yemeje bidasubirwaho ubwegure bwa Udahemuka Aimable wayandikiye asaba gusezera nk’umujyanama mu nama njyanama no ku murimo wo kuba Meya w’akarere ku mpamvu ze bwite.

Mu ibaruwa yandikiwe Perezida w’Inama njyanama y’akarere ka Kamonyi tariki 19 Kamena 2017 ikandikwa na Udahemuka Aimable wari umuyobozi w’akarere ka Kamonyi ikaba yasomwe mu ruhame rw’abitabiriye inama njyanama, yarimo amagambo agira ati:” Bwana Perezida, mbandikiye iyi baruwa ngira ngo mbamenyeshe ko nifuza kwegura ku mirimo yo kuba umujyanama mu nama njyanama y’akarere ka Kamonyi no kuba umwe mubagize Komite nyobozi y’akarere ku mpamvu zanjye bwite. Ndashimira abaturage bangiriye icyizere bakanshinga umurimo w’ubujyanama, nkaba mboneyeho kubashimira ubufatanye twagiranye mu mirimo itandukanye twakoranye yadufashije guteza imbere akarere kacu ndetse n’igihugu cyacu muri rusange mfatanije n’abagize Komite nyobozi hamwe n’abakozi b’akarere. Nkaba kandi niteguye kuzakomeza gufatanya namwe mu guteza imbere akarere kacu ndetse n’igihugu muri rusange.” Aya ni amwe mu magambo agize ibaruwa Udahemuka Aimable yanditse asezera.

Bwana Udahemuka Aimable wamaze kwemererwa kwegura mu mirimo ye.

Karuranga Emmanuel, Perezida w’Inama njyanama y’akarere ka Kamonyi avuga ko nubwo Udahemuka yanditse asezera ngo si ubushake bwe ahubwo yari yabisabwe. Yagize ati:” Icyemezo cyafashwe, yemerewe kwegura. Nagira ngo nongere mbisobanure, umuyobozi w’akarere yanditse asaba kwegura ariko yeguye yabisabwe, yasabwe kwegura nubwo yanditse avuga ko yeguye kumpamvuze bwite ariko yari yasabwe kwegura. Impamvu twazivuzeho zatumye asabwa kwegura, ni ibijyanye n’ukuntu imirimo ye yakozwe, ibijyanye n’ubuyobozi aho yagaragaye ko mu buyobozi hari intege nke, ibindi byagaragaye ko hari imyitwarire idakwiye umuyobozi, bikaba ari ibintu byashingiweho bituma asabwa kwegura.”

Inama Njyanama, harimo na bamwe mu ntumwa za Rubanda.

Karuranga, atangaza ko ukwegura kwa Meya Udahemuka yabisabwe n’ubuyobozi bukuriye akarere bumaze gusuzuma ibyo byose. Avuga kandi ko icyemezo nk’iki iyo cyafashwe kiba cyaganiriweho.

Bwana Karuranga, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ko umuyobozi abona Akarere ka Kamonyi gakeneye ari; Umuyobozi ugomba gutanga icyerekezo ku bakozi bose b’Akarere, Uharanira iterambere ry’abaturage kandi agakorana n’izindi nzego zose. Avuga ko Meya wujuje ibyo byose yakorana n’abandi akarere kagatera imbere.

Bamwe mubitabiriye inama y’inama njyanama y’akarere ka kamonyi. uhagaze ni Gitifu w’Akarere arimo agira ibyo asobanura.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga