• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Perezida Jacob Zuma mu bibazo, Abadepite mu nzira yo ku mukuraho icyizere

Umwanditsi
August 8, 2017

Hashingiwe ku birego byinshi byakomeje kuregwa Jacob Zuma, Perezida wa Afurika y’epfo, abagize inteko ishinga amategeko (abadepite) biteganijwe ko baterana bagatora mu buryo bw’ibanga gukura Perezida Zuma ho icyizere.

Kuri uyu wa kabiri tariki Kanama 2017, Abadepite mu gihugu cya Afurika y’Epfo baratora mu ibanga ku ngingo yo gutakariza icyizere Perezida Jacob Zuma kubera ibyo aregwa birimo ruswa no gutonesha.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mbeleka Mbete, yavuze ko kuba batorera mu ibanga ari ku neza y’Igihugu.

Benshi mu badepite ba Zuma, batinyaga kugaragaza ko batamushyigikiye mu ruhame bashobora kumukuraho amaboko ku ko bagiye gutora mu ibanga.  Zuma yagiye asimbuka gukurwa ku mwanya w’umukuru w’Igihugu inshuro nyinshi gusa ashobora kudahirwa noneho kuri iyi nshuro.

Umuyobozi w’Ishyaka ritavuga rumwe na Leta, Economic Freedom Fighters, Julius Malema, yatangarije Financial Times dukesha iyi nkuru ko bizeye gukuraho Perezida Zuma.

Ntabwo byoroheye perezida Jacob Zuma.

Yagize ati “Dufite icyizere kirenze, turabona abenshi badushyigikiye haba mu batavuga rumwe na Leta ndetse n’abadepite ba ANC.”

Abasesenguzi bagaragaje ko bamwe mu badepite ba ANC, ishyaka rya Zuma, bashobora kwanga kumukuraho icyizere dore ko ngo hari n’ababwiwe ko kumuvanaho amaboko ari nko gutera igisasu kuri guverinoma.

ANC niyo iyoboye Inteko Ishinga Amategeko kuko ifite abadepite 249 muri 400. Kugira ngo abatavuga rumwe na Leta batsinde birasaba ko baza kubona abadepite 50 ba ANC babashyigikira, ibintu bibonwa nk’ibigoye.

Abadepite baramutse bemeje gutakariza icyizere Zuma, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko niwe umusimbura by’agateganyo, mu minsi 30 abadepite bakaba batoye undi umusimbura.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Murekezi Zacharie / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga