• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi irashya, irakongoka

Umwanditsi
August 11, 2017

Ahagana saa yine n’iminota 45 zo kuri uyu wa gatanu tariki 11 Kanama 2017 mu mudugudu wa Kagangayire, akagari ka Sheri mu murenge wa Rugarika inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya yose irakongoka, nta cyaramiwe.

Muvunyi Daniel, utuye mu mudugudu wa Kagangayire, akagari ka Sheri mu murenge wa Rugarika, inzu ye yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa yine n’iminota 45 irashya yose, irakongoka ku buryo ubutabazi ntacyo bwabashije kuramura mu bintu byari biyirimo.

Ubwo ikinyamakuru intyoza.com cyageraga aho iyi nzu yahiye iherereye, umuriro wari ukizamuka mu bice bitandukanye, bamwe mu baturage babwiye intyoza.com ko gutabara umuturanyi kwabo ntacyo byafashije mu kugira icyo baramura mu byashyaga.

Muvunyi, nyiri iyi nzu yahiye igakongoka yari mu kababaro kenshi ku buryo no kuvuga bitashobokaga. Iyi nzu, yahiye mu gihe bugufi bwayo yarimo ahubaka indi y’igorofa yagombaga kuzabamo naho iyi yahiye ngo akayikodesha.

Inzu y’igorofa ya Muvunyi yubakaga muri metero nk’ijana uvuye aho iyi yahiye iri. Yahise ayijyamo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarika, Bwana Nsengiyumva Celestin ubwo intyoza.com yamusangaga ahabereye ibi byago, yatangaje ko nk’ubuyobozi bakora ibishoboka byose biri mu bushobozi bw’umurenge ngo bafashe uyu muturage.

Yagize ati: Twamenye ibyo gushya kw’iyi nzu tubibwiwe n’abaturage bo ku musozi biteganye, turakora ibishoboka ngo dufashe uyu muryango duhereye cyane ku kuwegera, icyambere ni uko turi kumwe ibindi tuzabimenya, ubufasha buhera kubyo umuntu akeneye n’uburyo yifite, ibindi yakenera ku buyobozi tuzabimenya, icyambere ni uko turi kumwe.”

Mu nzu, byose byakongotse.

Ubwo iyi nzu yafatwaga n’inkongi, umuriro ngo wahereye mu cyumba cyari kiryamyemo umwana, umukozi yari yanze. Umwana, yatabawe akurwamo ari muzima mu gihe ababyeyi bari bagiye mu mirimo. Polisi ishinzwe kuzimya inkongi y’umuriro nkuko Gitifu w’uyu murenge yabitangarije intyoza.com ngo yahageze ariko ntacyo yabashije kuramira kuko byasaga n’ibyarangiye.

Ubuyobozi bw’uyu murenge wa Rugarika, nyuma yo gushya kw’iyi nzu yose igakongoka, burakangurira abantu bose kuba maso bakanagerageza gushaka ubwishingizi bw’inzu ku buryo mu gihe bahura n’ibyago nk’ibi bagobokwa. Icyaba cyabaye intandaro y’iyi nkongi y’umuriro, ubuyobozi butangaza ko kitaramenyekana.

 

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga