• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Umugabo na bagenzibe b’abayobozi mu maboko ya Polisi bazira kurya inka ya Girinka

Umwanditsi
August 16, 2017

Mu karere ka Kamonyi haravugwa umugore wajyanye umugabo we kuri Polisi, nyuma y’aho uyu mugabo agurishirije inka uyu muryango wari warahawe muri gahunda ya Girinka. Bamwe mu bayobozi mu nzego zibanze bagize uruhare mu kurya iyi nka nabo batawe muri yombi.

Ibi byabaye mu gitondo cyo ku itariki ya 14 Kanama 2017, ubwo uyu mugore witwa Nyirashimimana Jeannette yabyukaga agasanga mu kiraro harimo akanyana gato, akihutira kubaza umugabo we witwa Tugirimana John aho aka kanyana kavuye n’aho inka y’ijigija bari basanganywe yagiye.

Mu gihe yari agitegereje igisubizo, yamenye amakuru ko ako kanyana ari ako umugabo we yaguze nyuma yo kugurisha inka bari basanganywe. N’ubwo yari atarabyumva neza, yatekerezaga ko Tugirimana agifite amafaranga yaguzwe iyo nka, ariko aza kumenya ko nayo ntayo asigaranye.

Nyirashimimana akimara kumenya ibyo byose yagize umujinya, ahita yitabaza Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kamonyi.

Nk’uko bitangazwa n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi, Polisi yahise itangira ipererereza, riza kwerekana ko Tugirimana yagambanye n’abayobozi 2 b’inzego z’ibanze bakagurisha iyo nka, aho bayigurishije  bagahita banayibaga.

IP Kayigi yavuze ati:”Tugirimana n’umuyobozi ushinzwe iterambere ry’abaturage mu mudugudu wa Kigarama witwa Dushimimana Martin na Rukundo Emmanuel ushinzwe umutekano muri uwo mudugudu, bagurishije iriya nka k’umuyobozi w’umudugudu wa Remera witwa Yatubabariye Emmanuel, nawe ahita ayibaga, ariko ibi nabyo bikaba bitemewe kuko nta bagiro agira.”

Yakomeje avuga ati:”Aba uko ari batatu bagabanye amafaranga yagurishijwe iyo nka, ariko kugirango Tugirimana azimanganye ibimenyetso yagiye ku isoko, muri ya mafaranga aguramo akandi kanyana, agasimbuza imwe yagurishijwe, ubu aba uko ari 3 bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rukoma mu gihe iperereza rikomeje.”

Gahunda ya Girinka igamije gufasha buri rugo rukennye kubona no korora inka ya kijyambere, iyo ibyaye ikiturwa urundi rugo, bityo bityo ku buryo igera kuri benshi kandi mu gihe gito.

Mu kirego yatanze kuri Polisi, Nyirashimimana yavuze ko umgabo we yavukije abaturanyi be bakennye amahirwe yo kuzabona inka nabo, kuko iyo yari kuzabyara bari guhita bayoroza abandi, akanavuga ko yavukije umuryango we kubona ifumbire n’amata byari gutuma basezerera imirire mibi.

Gahunda ya Gir’inka igamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage by’umwihariko ubukene n’imibereho mibi bikaba amateka mu Rwanda, ku buryo buri muryango ubona indyo yuzuye n’ifumbire yo kuzamura ubukungu binyuze mu musaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.

Ubu hashize imyaka 11 iyi gahunda itangijwe, ikaba yari ifite umuhigo wo gutanga inka 350,000 ku miryango ikennye bitarenze umwaka wa 2017.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga