• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Afungiye kuri Polisi ya Runda nyuma yo kwica umuntu

Editor
December 20, 2015

Nyuma yo kwica umubyeyi w’imyaka isaga 55 amutemye n’umuhoro ubu afungiye kuri Polisi.

Nyiramatama Beatrice w’imyaka isaga 55 wari utuye mu mudugudu wa kirega , akagari ka Kigese umurenge wa rugarika mu karere ka Kamonyi , yishwe atemeshejwe umuhoro ubwo yari iwe ku gicamunsi cy’italiki 19 ukuboza 2015 ahagana saa munani .

Habanabakize Louis bakunda kwita Nzababa wishe uyu mubyeyi amutemye akoresheje umuhoro ubwo yari amusanze iwe atetse, ngo yahise yirukira kuri polisi nubwo yarakurikiwe n’abaturage bashakaga kumufata ngo bamushyikirize ubuyobozi .

Nyirankunzi Selaphine , umuyobozi w’umudugudu wa kirega wabereyemo aya mahano aganira n’intyoza.com k’umurongo wa telefone, avuga ko ibyabaye bishingiye k’urwangano ngo kuko mu bihe bishize uyu muhungu yari yarishyizemo uyu nyakwigendera amushinja kumwicira umubyeyi amuroze ariko hakabura ibimenyetso ubwo ikibazo cyagezwaga mu buyobozi.

Habanabakize Louis
Habanabakize Louis bakunda kwita Nzababa wishe uyu mubyeyi amutemye

Nyuma y’aho umuhungu ngo yaje kwiba igitenge cy’uyu nyakwigendera , amurega mu buyobozi aramutsinda hanyuma yemera kuzamwishyura aho igitenge cyibwe bari bagihaye agaciro k’ibihumbi 3000fr, aho kugirango amwishyure akaba yamwishe.

Nyirankunzi , umuyobozi w’umudugudu avuga ko mu busanzwe nta kibazo kindi bari bazi uretse kuba uyu habanabakize yaramwibiye igitenge akaba na mbere yarigeze ashinja nyakwigendera kumwicira umubyeyi akoresheje amarozi aho nabyo avuga ko byari bimaze igihe kuburyo bumvaga ko byashize .

Amakuru agera ku intyoza.com nuko uyu Habanabakize afungiye kuri polisi yo k’umurenge wa Runda akaba kandi kuri we yishimira ku kuba uyu Nyakwigendera yapfuye aho avuga ko kumva ko yapfuye kuriwe ari byiza ndetse akanemera icyaha no kwirengera ibyabaye.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Editor

One Comment

  1. L says:
    February 15, 2016 at 8:01 am

    Ariko ubu bwicanyi buterwa n’iki koko!
    Umenya hakenewe ubushakashatsi da!

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga